Davido yahishuye impamvu atakiboneka ku mbuga nkoranyamba

44 0

Umuhanzi w’icyamamare muri Afrobeats, David Adeleke, uzwi cyane ku izina rya Davido, yatangaje impamvu atakibasha gukoresha cyane imbuga  nkoranyambaga nkuko yabikoraga

Davido, ari nawe munyafurika ukurikirwa cyane kurusha abandi bose ku mbuga nkoranyambaga, aho akurikirwa n’abantu  miliyoni zirenga 30 naho kuri X agakurikirwa na bangana na Miliyoni 16 ,yagaragaje  ko nyuma yo gushyingirwan n’Umugore Chioma Adeleke mu kwezi gushize byatumye agabanya  uko yakoreshaga imbuga nkoranyambaga

Ibi yabitangaje  ubwo yasubizaga  umwe mu bafana be  wagaragaje impungenge  zo kuba  uyu muhanzi ukunzwe  na benshi Davido amaze iminsi  adasangiza abakunzi be bimwe mu bikorwa bye bya buri  munsi mbuga nkoranyambaga

Uyu  mufana ukoresha amazina ya Abazz ku rubuga rwa X yagize  ati “ Davido amaze iminsi irenga itatu ntacyo ashyira ku mbuga nkoranyambaga. Ndakumbuye idolo wanjye.”

Davido mu kumusubiza  yagize ati” Nimushaka Muzashake  Muzabyuma Lol

 

Uyu muhanzi n’umugore we Chioma Adeleke bakoze ubukwe bwa kizungu mu mujyi wa Miami, muri Leta ya Florida (USA), muri Kanama 2025.

Ku wa Kane, tariki ya 11 Nzeri 2025, bombi bizihije isabukuru y’ukwezi kumwe bamaze babana mu buryo bwemewe n’amategeko.

Chioma yashyize hanze agace k’amashusho y’ubukwe bwabo bw’akataraboneka, agaragaza ishimwe n’ibyishimo bikomeye by’ukwezi kwa mbere kw’ubuzima bushya barimo.

Davido nawe yamusubije mu magambo yuzuye urukundo, avuga ko umunsi w’ubukwe bwabo wari:
“umunsi mwiza kurusha indi yose mu buzima.”

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Posted by - September 24, 2025 0
Umuhanzi w’umunyanijeriya Davido yagizwe  umunyamuryango mushya uri  mu batora muri Recording Academy, mbere y’igihembo cya Grammys 2026. Nk’umunyamuryango utora, Davido…

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *