Tiwa Savage yavuze impamvu atemera ko ari umwamikazi wa Afrobeat

56 0

Umuhanzikazi Tiwa Savage umwe mu bakunzwe cyane hano ku mugabane w’Afurika yahishuye  ko atiyumvamo neza uko abantu bamwita Umwamikazi wa Afrobeats ahubwo yashimangiye ko hari  bahanzikazi benshi na bakwiriye kwitwa gutyo

Savage yasobanuye ko nubwo yishimira ko abafana bamwita “Umwamikazi wa Afrobeats”, we atabyemera kuko bituma agira   n’inshingano nyinshi.

Mu kiganiro aherutse kugirana na Ebro wa Apple Music, uwo muhanzikazi yagize ati: “Nibyo, banyita Umwamikazi wa Afrobeats, ariko turi benshi natwe dufatwa nk’Abamikazi.”

Ku giti cyanjye, sinjya nkunda iryo zina bampa, rinteye kutisanzura kuko numva ngo iyo naryemeye, ngomba kuba umuntu wicisha bugufi, kandi icya kabiri, simbyiyumvamo. Niyo mpamvu ntaryemera. Ariko ndabishimira. Sinjye waryihimbiye. Numva ko ari uko nari umwe mu bahanzikazi ba mbere muri Nijeriya babashije kwigaragaza no kugera kure. Ibyo ndabishima kandi sinjya mbifata nk’ibidafite agaciro.”

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *