Abiratabiriye Gen Z Comedy ntibakanzwe n’imvura

466 0

Ku mugoroba wo  ku wa 25 Nzeri 2025 mu ihema rinini ryo muri Camp Kigali nkuko bimaze  kumneyerwa n’abakunzi b’iseka rusange bitabiriye igitaramo cya Gen Z Comedy cyari cyatumiwemo umuramyi Aime  Uwimana nubwo bitari byoroshye kuhagera.

Ubwo iki gitaramo cyatangiraga mu masaha ya saa moya  mu mujyi  wa Kigai haje kugwa imvura nyinshi ariko ku bakunzi b’urwenya  ntibyababujije kwitabira icyo  gitaramo kabone ko benshi byamaze kuba umuco ntacyababuza ku cyitabira kandi n’abategura icyo gitaramo bijeje abakunzi ba Gen Z Comedy ko nta kintu kizababuza kubataramira  na rimwe  .

Muri icyo  gitaramo abanyarwenya benshi bamaze kumenyerwa muri Gen Z Comedy nka  Muhinde , Keppa Nyirudushya, Isacal, MC Kandii&Musa, Umushumba, Nkirigito Clement na Joshua Comedian wari watumiwe batey urwenya karahava .

Nubwo imvura yabaye nka Kidobya  abakunzi  b’Urwenya bakomeje kuza nubwo  batari benshi cyane  ariko bagaragaje akanyamuneza n’Ibyishimo  kubarimo barabataramira .

Igitaramo kigeze hagati mu mwanya wagenewe  Umutumirwa w’Umunsi Umuramyi Aime Uwimana usanzwe uzwi mu ndirimbo zo kuramya  no gushima  yaganirije  ku rugendo rwe mu muziki wo kuramya no guhimbaza imana amaze imyaka  iri hejuru ya 15 irenga , benshi mubarahaho bamweretse urukundo maze nawe acishamo abaririmba zimwe mu ndirimbo ze zakunzwe .

Nyuma ya Aime Uwima undi mushyitso w’icyubahoro yari  Tetero Solange  Umuyobozi ushinzwe kubaka ubushobozi bw’Urubyiruko muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco waganirije  ururbyiruko n’abandi baraho ku bijyanye  n’Irushanwa rya Youth Connekt  rizwiho mu gufasha abafite  imishinga itandukanye yo kwiteza imbere ,abasaba ko rwose nk’u urubyiruko batakwitesha ayo mahirwe guverinoma iba yabageneye yo kwikura mu bukene .

Igitaramo cyaje gushyirwaho akadomo ku masha asanzwe kirangirira Fally Merci usanzwe ategura Gen Z Comedy abararikira kuzitabira  igitaramo cy’ubutaha kizaba tariki 9 Ukwakira 2025

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *