Fik Fameica yavuze impamvu Sheebah na Spice Diana batitabiriye igitaramo cye

405 0

Umuhanzi Fik Fameica wo mu gihugu cya Uganda ni umwe mu bakunzwe cyane  muri icyo gihugu mu minsi ishize yakoze  igitaramo yari yatumiyemo abahanzikazi Spice Diana Na Sheebah Karungi ariko  ntibabonetse  muri  icyo gitaramo cyari cyabereye Lugogo Cricket Oval

Nyuma  y’uko abo bahanzikazi babiri bivugwa ko badacana uwaka havuzwe ibintu byinshi cyane ku mbuga nkoranyambaga  , aho benshi  bavugaga y’uko habayemo ugutonesha umwe muribo bigatuma  bombi  bataririmba ariko nyiri ubwite Fik Fameica  yahisemo gutangaza icyatumye abo bakobwa babiri bataboneka ku rubyiniro .

Mu kiganiro yagiranye na Galaxy FM, Fik Fameica uzwi nka King Kong yasobanuye ko impamvu Sheebah na Spice Diana batahawe umwanya wo kuririmba ari uko igihe cyari gike cyane mu gitaramo.

Yongeyeho ko aba bahanzi bombi bageze ahabereye igitaramo bitinze, ubwo igihe cyo kuririmba cyari gisigaye cyari  gito, mu gihe abandi bahanzi bari bahageze kare maze babasha kuririmba.

Mu magambo ye, Fik Fameica yashimiye cyane Sheebah na Spice Diana kuba baraje kumushyigikira nubwo batageze ku rubyiniro.

Yagize ati: Ikibazo cyabaye igihe nticyari gihagije. Sinzi ukuntu byagenze, ariko bose baje kumfasha no kunyereka urukundo, kandi ndabibashimira cyane. Abahanzi bose baje kare kandi biteguye bararirimbye.”

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *