Polisi y’u Rwanda yatanze ibisobanuro ku mashusho y’umupolisi n’umuturage bagundagurana

1144 0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana iby’amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umupolisi wo mu muhanda agundagurana n’umuturage wanze kubahiriza amategeko.

Umuvugizi wa Polisi, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko uwo muturage yabujijwe kwambuka muri zebra crossing mu gihe imodoka zatambukaga, ariko yanga guhagarara bityo hakifashishwa imbaraga “mu rwego rwo kumurinda gukora igikorwa cyari guteza impanuka

ACP Rutikanga yongeyeho ko ibikekwa ari uko uwo muturage yari yasinze, kandi ko ikibazo kirimo gukurikiranwa kugira ngo hafatwe ibyemezo bikwiye.

Polisi yashimiye abaturage bagerageje gufasha umupolisi mu gukumira icyo gikorwa gishobora guteza impanuka.

Related Post

Aimable Karasira yakatiwe gufungwa imyaka 5

Posted by - September 30, 2025 0
Urukiko Rukuru, urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ruherereye i Nyanza, rwahamije Uzaramba Karasira Aimable icyaha cyo gukurura…

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *