Bruce Melodie na DJ Niny bazaririmbira mu mikino ya ½ cya PFL Africa izabera mu Rwanda

257 0

Umuhanzi w’icyamamare mu Rwanda Bruce Melodie hamwe na DJ Niny bemejwe nk’abazamurikira abitabiriye imikino ya ½ cya PFL Africa (Professional Fighters League Africa) izabera mu Rwanda.

Iyi mikino ya PFL Africa Semifinals izahuza bamwe mu bakinnyi bakomeye b’imirwano yo mu rwego rw’umwuga muri Afurika, ikazaba ari n’umwanya wo gususurutsa abafana binyuze mu muziki w’imbonankubone uzasusurutsa urubyiruko n’abakunzi ba siporo muri rusange.

Bruce Melodie, uzwi cyane kubera indirimbo zakunzwe nka “Katerina”, “Saa Moya”, na “When She’s Around”, azatanga ishusho y’umuziki nyarwanda ugezweho, mu gihe DJ Niny azaba ashyushya abitabiriye  iyo  miino  n’indirimbo zigezweho mu buryo bwa “live mix.”

Iyi gahunda ije mu rwego rwo guhuza umuziki na siporo, ndetse no kugaragaza isura nshya y’u Rwanda nk’igihugu gikomeje kuba icyicaro cy’ibikorwa bikomeye by’amahoro, umuco n’imyidagaduro ku rwego rwa Afurika.

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *