Tems yahishuye umugabo adashobora  gukundana cg  gushakana nawe

113 0

Umuhanzikazi  Temilade Openiyi  uzwi nka  Tems  umwe mu bakunzwe cyane muri iyi  minsi kw’isi yahishuye  ibintu  akunda  kwitaho cyane  ku mugabo ashobora  gukundana nawe cyangwa  bashakana bishobora  gutuma adashobora  kujya  mu mubano nawe .

Uyu  mukobwa wakunzwe mu ndirimbo nka Love Jeje  ,Essence yakoranye na Wizkid  mu kiganiro  aherutse kugira  n’ikinyamakuru gikomeye cyo  muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika  cyitwa complex ,Tems yavuze  adashobora gukundana  n’umugabo  utagira urugwiro  cyangwa  utagira amatsiko yo  kumenya neza  uwo bari  kumwe

Yavuze ko  kuba umugabo adafite  ubucti  n’ubugwaneza n’amatsiko yo  kumneya neza  umukunzi we uwo mubano  uba nta  ntego ufite ndetse n’agaciro

Yagize ati  “Ntabwo  nshobora  gukundana n’umugabo  udafite  urugwiro cyangwa  kumena  uwo bari  kumwe , iyo umuntu adafite  amatsiko  yo kumneya uwo  bari kumwe  cyangwa matsiko y’uwo  akunda  nta mpamvu yo kugirana nawe umubano

Tems ukomeje kubaka amateka  mu njyana ya Afrobeats  yongeyho ko  yifuza  umufasha ufite  kumva , uzi kwita ku mukunzi we ndetse unafite  ubushake  bwo  kubakana ejo hazaza n’uwo akunda

Yavuze kandi ko ari umukobwa  Ukunda cyane  ariko  ubu ari kugerageza kuba  maso  no kwitonda  bitewe n’ibyo yanyuwemo  mu bihe byashize mu rukundo

Yongeyeho kandi  ko muri iki gihe  yahisemo kwibanda ku kwikunda  cyane no kwiyitaho mbere ne mbere  kugira  ngo  yubake  umubano uhamye  n’ubuzima bwe ubundi  ibindi bikazaza nyuma

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *