Kaizen Hotel yashyize igorora abakiliya bayo muri iki gihe cy’Iminsi mikuru

133 0

Kaizen Hotel  n’imwe mu ma Hotel  imaze kubaka izina hano mu mujyi wa Kigali kubera serivise nziza  iha abayigana kuri ubu yashyize igorora  abakiliya bayo aho yabagabanyirije ibiciro kuri zimwe  muri Serivise  ibaha  mu rwego rwo gukomeza  kubanezeza muri  iki gihe  turi mu bihe  by’iminsi mikuru yo gutangira  umwaka mushya

Kaizen  Hotel ifite serivise nyinshi  zikenerwa n’abakiliya bayo mu buzima bwa  buri munsi Harimo nka Kaizen Gym , Coffe Shop, Bakery na Sauna Massage  byashimwe na benshi cyane bayigana kubera  isuku na serivise bahabwa .

 

Mu gihe abanyarwanda  muri iyi minsi benshi bahagurukiye gukora  siporo ngoromubiri ndetse no kwishimana n’inshuti zabo Kaizen hotel yashyize igorora  ku bakiliya bayo aho bashyizeho igabanyirizwa ry’ibiciro bya zimwe muri Serivise zabo muri guhera mu mpera z’umwaka ushize ndetse  no muri izi ntangiriro z’umwaka mushya wa 2026.

Mu kiganiro n’Umuyobozi wa Kaizen Hotel Bwana  Alphonse  yatangarije KIGALIHIT  ko  muri  iyi  minsi  abanyarwanda bari mu bihe by’iminsi mikuru y’itangira ry’umwka mushya wa 2026 babashyiriyeho igabanyirizwa rya 30% kuri zimwe muri Serivise  zabo  harimo Gym ,Sauna Massage ndetse na 20% ku  byumba byo kuraramo .

Yagize ati  “Ubu Umukiliya wacu wifuza gukora imyitozo ngororamubwiri muri Gym  ya Kaizen azajya yishyura ibihumbi 25 ukwezi kose  , naho uwifuza kujya muri Sauna atange ibihumbi 3000 byonyine yafashemo n’icyayi cy’I Rwanda n’ amazi ,Massage ibihumbi 7.000 ,mu gihe ku byumba bashyizeho ibihumbi 20.000Frw ku  muntu wese uzifuza kuza kuharuhukira ari mu rugendo aho yaba avuye hose mu Rwanda ndetse no mu mahanga .

Twabibutsa ko Kaizen Hotel  Iherereye  Nyabugogo ruguru gato ya Feux  rouge zihagana Kimisagara mu kaboko k’ibumoso ikaba itanga serivise zitandukanye zirimo ,Ibyumba byiza  uraramo  witegeye  imisozi  myiza ya Kigali, Restaurant na Bar ndetse  ikaba izwiho no gutegura  ibitaramo  bitandukanye mu rwego rwo guha abakiliya bayo uburyo  bwo kuruhuka neza  nyuma y’amasaha y’akazi .

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *