Tiwa Savage yahishuye ko yakunzwe rimwe mu buzima bwe

81 0

Umuhanzikazi w’icyamamare wo muri Nigeria, Tiwa Savage, yatangaje mu buryo bwuje amarangamutima ko mu buzima bwe bw’urukundo  yakunze umuntu umwe gusa  wamubereye  mwiza by’ukuri ariko uwo muntu  yaje  kwitaba  Imana

Ibi  yabitangaje mu kiganiro cyihariye yagiranye n’umunyamakuru Korty EO, Tiwa Savage yavuze ko, ku bw’amahirwe macye, uwo mukunzi we wigeze kumugirira neza yitabye Imana, bituma asigarana agahinda kenshi  cyane .

Uyu muhanzikazi ufite imyaka 45 yavuze ko, uretse uwo mukunzi we wapfuye, abandi bose  yagiye akundana  nabo  bamuteye agahinda kenshi kandi bamubabaje cyane  ku buryo  nta n’umwe  yabonye wavamo umukunzi yazahora afite  icyo  amwibukaho

Yagize ati: “Nta mubano n’umwe nashobora kwibuka nabonamo ikintu cyiza. Bose bari babi. Mu by’ukuri hari umwe wari mwiza, ariko yitabye Imana. Imana imuhe iruhuko ridashira. Yari umuntu udasanzwe.”

Tiwa Savage yavuze ko ibikomere yakuye mu mibanire mibi byatumye ahora agira inama umuhungu we yo kuzajya yubaha kandi agafata neza abagore, kugira ngo atazamubabaza nk’uko we yababajwe.

Uyu muhanzikazi yigeze gushyingiranwa n’umuyobozi w’ibikorwa by’umuziki Tunji Balogun, uzwi nka Tee Billz, kuva mu 2013 kugeza mu 2018 ubwo batandukanaga. Bombi bafitanye umwana umwe w’umuhungu witwa Jamil.

Ubu Tiwa Savage akomeje kwibanda ku muziki we no kurera umwana we, avuga ko ubuzima bwe bwamwigishije amasomo menshi ku rukundo, kwihangana no kwiyitaho.

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *