Sosiyete ya Skol yishyuriye abaturage ba Kanyinya {Nzove} Ubwisungane mu Kwivuza “Mituel De Sante”

Uruganda rwa Skol Brewery Limited rumenyereweho gutera inkunga ibikorwa bitandukanye by’imyidagaduro birimo n’ikipe ya Rayon Sports yo mu cyiciro cya mbere hano mu Rwanda yakoze igikorwa cyo kwita ku buzima bw’abaturage baruturiye.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa gatatu tariki ya 31 Ukwakira 2023, Aho uru ruganda rukorera kuri Sitade ikorerwaho imyitozo n’ikipe ya Rayon Sports, Ni igikorwa cyo kwita ku buzima bw’abaturage byumwihariko baturiye uru ruganda bo mu mudugudu wa Kanyinya, Akagari ka Nzove ibishyurira ubwisungane mu kwivuza “Mituel De Sante” y’umwaka wa 2023 /24.

Ni igikorwa cyabanjirijwe n’ubusabane hagati y’abakozi ba Skol Brewery Ltd ndetse n’abagenerwa bikorwa, Iki gikorwa kandi kitabiriwe n’itangazamakuru ritandukanye ryo mu Rwanda hagamije hagamijwe kumenyekanisha igi gikorwa cy’ubugiraneza.

Iki gikorwa kandi cyanitabiriwe n’ubuyobozi bw’Akagari ka Nzove ndetse n’umuyobozi mukuru wa ‘Skol Brewery Ltd‘ bose bagize ubutumwa bagenera abaturage bishyuriwe ubwisungane mu kwivuza.

Umuyobozi mukuru w’uruganda rukora ibinyobwa “Sklo Brewery Ltd” Eric yabwiye aba baturage ko Skol yiteguye kubafasha mu bikorwa bitandukanye byabo Ati “Mbashimiye cyane uko mwanyakiriye byanshimishije cyane, Nagirango mbabwire ko Skol Brewery Ltd atari uruganda cyangwa ikigo gikora ibinyobwa byo kunywa gusa ahubwo n’ikigo gitera inkunga abaturarwanda.

Akomeza Agira Ati “Uko uruganda rukomeza kugenda rukura ndetse rwaguka rugatera imbere, Ni nako ibikorwa rukorera abaruturiye ndetse n’abaturarwanda muri rusange mbemereye ko nabyo bizagenda byiyongera, Mbifurije ibyiza byinshi birimo gutera imbere kandi mbifurije kugira icyumweru cyiza”.

Sosiyete ya Skol Brewery Ltd isanzwe ari umuterankunga mukuru w’ikipe ya Rayon Sports ikunzwe n’abanyarwanda benshi aho iyifasha mu bikorwa bitandukanye birimo no kugura abakinnyi ndetse no kuyambika.

REBA VIDEO UKO BYARI BIMEZE

Facebook Comments Box

About Author

Recommended For You

About the Author: ellyman

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *