Abafana ba Manchester United mu Rwanda bashimiye ubutwari umugabo watanywe abana be n’umugore

Kuri  iki cyumweru ubwo  shampiyona yo mu bwongereza yari igeze ku munsi wa kabiri aho ikipe ya Manchester  nUnited yagombaga guhura n’ikipe ya Chelsea abafana biyo kipe mu Rwanda mbere yuko bajaya kureba uwo mukino bashimiye umugabow witwa Celestin ubutwari yagize bwo kurera abana be yatanywe n’umugore we  bakiri bato.

Uwo muhango wabereye mu murenge wa Remera  wari b witabiriwe  n’itsinda rya bamwe mu bafana ba Manchester United mu Rwanda aho bakusanyije inkunga y’amafaranga ndetse bakanamuha bimwe mu bikoresho birimo ibiryamirwa n’ibyo byo  kurya  ndetse n’ibikorsho by’Ishuri byabo bana .

Mw’ijambo  ry’uwari uhagarariye  iryo tsinda akaba ari nawe wateguye icyo gikorwa  yadutangarije ko ajya kumenya uwo Celestin  bahuriye aho batuye mu Karere ka Gasabo ahetse  umwna ukiri muto ariko akomeza kugenda amwigaho kugeza ubwo yaje kumwegera aho akorera umwuga wo kudoda inkweto maze amusobanurira uko ikibazo cye  giteye bimutera agahinda nawe  afata icyemezo cyo kubigenza kuri bagenzi be  aho baje gufata Umwanya wo kuzamushimira ubutwari yagize cyo gufata izo nshingano zo kurera abana batatu yatanywe n’umugore we .

Muri uwo muhango kandi bamwe mu bafana  ba Manchester baraho bamaze kumva amateka akomeye y’ubuzima Celetin abayemo benshi biyemeje gukomeza kumuba hafi aho bamwe  bamwereye kuzamwishyurira Mutuelle de Sante z’abana be  nawe ubwe ,kubishyurira amashuri umwaka uteha ndetse nabamwemereye kuzajya bamukamishiriza amata y’umwna muto afite  w’umukobwa kugira ngo abashe kubaho mu buzima bwiza .

Mu kiganiro na Kigalihit Celestin  yadutangarije ko ari mu byihsimno byinshi nyuma yo guterwa inkunga n’abafana ba Manchester United akaba yabasabiye umugisha kuko nubwo atajya akunda kureba umupira ubu  kuri we agiye kwihebera iyo kipe  kubera ko abafana bayo  bamweretse urukundo rwo gukomeza kumuba hafi akaba yabashimiye cyane .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *