Afurika y’epfo inzuki zinjiye muri moteri y’indege hasubikwa ingendo nyinshi.

Mu gihugu cya Afurika y’epfo  ku wa gatatu tariki ya 26  nzeri  2018 Inzuki zakoze agasha ubwo zatunguranye zikava mu miziga yazo  bitunguranye  maze zikigira muri Moteri y’indege  ya Kompanyi  Mango Airlines.

Nkuko umuvugizi wa kompanyi Sergio dos santos  yabitangaje   ngo izo nzuki  zirenga ibihumbi  20 zaje  ku kibuga cy’indege cya umwami Shaka mu mujyi wa Durban  aho izo nzuki nyinshi zaje sikigira muri moteri y’indege maze zanga kuvamo kugeza hitabajwe abahanga mu by’inzuki bazwi nka bavumvu.

Uyu Muyobozi yakomeje avuga ko kubera icyo kibazo cyatumye ingendo nyinshi bari bafite uwo munsi zisubikwa kugira kibaze gikemurwe kandi byaje gukemuka nta kibazo izo nzuki zigize

Yasoye agira ati “Nta na rimwe nari narigeze mbona ibintu nk’ibi mu myaka 8 y’ubunararibonye maze mu ruganda rw’iby’indege.”, Sergio dos Santos aganira na News24.

NSANZABERA JEAN PAUL

www.kigalihit.rw 

 

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *