Ahantu ushobora gusohokera muri iyi week end ukanezerwa

Nkuko bisanzwe mu mugi wa Kigali ndetse no mu bindi bice Bitandukanye by’igihugu mu mpera z’icyumweru abantu bo mu nzego zitandukanye bakenera kuruhuka mu mutwe ndetse no kwishimisha mu buryo butandukanye  busanzwe mu buzima bwa Buri Munsi .

Uyu munsi twabegeranyirije hamwe ahantu henshi ushobora gusohokera muri Kigali mur  mpera z’icyumweru duhereye kuri uyu wa Kane ahazaba hari ibitaramo ndetse n’ibindi birori bitandukanye

Nkuko bisanzwe umuhanzi Rafiki Coga aba afite ibitaramo buri wa Gatandatu muri Rainbow Hotel iki cyumweru azaba ari kumwe n’Umuraperi Diplomate aho bazabataramira  babifashijwemo na Dj Lion

Kuri uyu wa Kane bwo biraba ari ibicika mu kabyiniro gakunzwe cyane muri Kigali kitwa Laguna kari ku muhanda uzamuka uva Mu kanogo  ahazwi nko kuri LG aho itsinda ry’abasore bavanga umuziki bari bwereke abakunzi ba Muzika ubuhanga bwabo mu kuvanga umuziki

K Club ni kamwe mu tubyiniro dukomeye hano mu mugi kuri  uyu wa gatanu babateguriye igitaramo  cyiganjemo injyana ya  Reggae aho abazahasokera bazatamirwa n’itsinda rya Wu na Shavu ryavuye  mu budage aho kwinjira bizaba ari 3000 frw

Ku wa gatanu  muri Rainbow Hotel nabwo muzataramirwa na Dj Lion aho abakobwa 25 bazagera bazahabwa icyo kunywa ku buntu  ni guhera i saa moya z’umugoroba kugeza mu gitondo 

Ijoro ry’uwa kane ni umunsi abakunzi ba manyinya baba bahawe umwnaya uhagije wo kwidagadurira mu kabyiniro kamaze kubaka izina ka Le Must gaherereye mu kiyovu aho ibyo kunywa bya Liquor babigabanyije .

Ku cyumweru Decent Entertainment ku bufatanye na kabyiniro ka Pacha kari ahahoze Rosty ku kimironko babateguriye igitaramo mbaturamugabo aho abakunzi ba Muziki bazataramiwra n’Umwami wa Live mu Rwanda Mani Martin  afatanyije na Chare Jazz Band  aho kwinjira bizaba ari 2000 frw 

Ku wa gatandatau tariki ya 08 Nzeri 2018 abanyagisenyi ndetse na banyakigali bakunda gusohokera ku mazi Promoafrika ihagarariwe na Deejay Africano  yabateguriye igitaramo gisoza impeshyi kiswe we are One summer Beach Fest aho bazataramirwa na bahanzi Bruce Melodie na Fik Fameica wo mu gihugu cya Uganda aho guhera mu masha y’umugoroba abakunzi ba muzika bazaba babyinira ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu  kwinjira bikazaba ari 10.000frw

Nkibisanzwe akabyiniro ka Top Chef ku bufatanye na Kigalihit,Ktv bategura icyo bise superstar night aho buri cyumweru baba bafite umuhanzi ukomeye mu gihugu uza gutaramira abakunzi ba Muzika guhera i saa Mbiri kugeza amasaha akunze kuri iki cyumweru tariki ya 09 Nzeri 2018 bazataramirwa n’umuhanzi w’umuhanga Hope uzwi cyane mw’itsinda rya 3 Hills  aho umukiliya azabasha kwigurira ikinyobwa cya muzting yagura 4 agahabwa 5.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *