Airtel yashyikirije abanyamahirwe ba mbere asaga Miliyoni muri Poromosiyo ya Yora Cash

Ku wa kane tariki ya 20 Nzeri nibwo sosiyete y’itumanaho ya Airtel Tigo Rwanda yashyize hanze Poromosiyo ya Yora Cash aho abafatabunguzi bayo bazahabwa amahirwe yo kwegukana amafaranga asaga Miliyoni 110 mu gihe cy’amezi atatu .

Nyuma y’iminsi ine   iyo promosiyo itangijwe ku mugaragara kuri  uyu wa mbere tariki ya 24mu kiganiro cya Airtel Tiga Rwanda kinyura kuri televiziyo y’igihugu  nibwo abanyamahirwe  babiri  ba mbere bashyikirijwe amafaranaga asaga miliyoni 1 y’amanyarwanda  biciye muri Poromosiyo .

Abanyamahirwe ba mbere bayoye izo cash mu gihe kitageze ku cyumweru Yora cash itangiye ni Singuranayo Gerard  watomboye akayabo k’ibihumbi 307.500 Frw  naho uwa Kabiri ni  Galenderi Christopher  watomboye ibihumbi 443 frw .

 

 

Gerard Singuranayo nawe wabaye uwa mbere mu gutombora muri ‘Yora Kashi’ hamwe na Airtel yatsindiye 307,500FRW
Akoresheje amafaranga 300 gusa kuko yakinnye inshuro 2 gusa, Christophe Gacenderi yegukanye ibihumbi 443 by’amafaranga y’u Rwanda.

Nyuma yo gushyikirizwa  ibihembo byabo buri wese yagiye agira icyo atangaz akuri iyi poromosiyo ya Yora Cash aho  buri wese yavuze ko nyuma y’izindi zose zagiye zibaho abantu babacanga integer ariko kuri ubu bakaba babonye ko nta kubeshya kurimo ahubwo ari amahirwe no gukina bakaba basaba  abafatabuguzi bose ba Airtel ko bakomeza kugerageza amahirwe kuko igihe kigihari kandi nabo  bakaba bagiye gukomeza gukina cyane  ngo barebe ko bazeguka na igihembo gikuru cya miliyoni 20.

NSANZABERA JEAN PAUL

www.kigalihit.rw 

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *