Amarangamutima y’Asinah nyuma y’igitego cya Sarpong yatumye urukundo rwabo rujya ahagaragara

Mu minsi ishize nibwo mu binyamakuru bitandukanye bya Hano mu Rwanda  hagiye havugwa ko Umuhanzikazi Asinah ari mu rukundo na Rutahizamu wa Rayon Sport Michael sarpong ibi byaje kongera Kugarukwaho ku munsi w’ejo ubwo uyu musore yatsindaga Igitego ikipe ya Kiyovu.

Byari ku mukino wagombaga kuba mu byumweru bibiri bishize ariko ukaza gusubikwa ku Munsi w’ejo uwo mukino wabereye kuri stade ya Kigali aho witabiriwe n’abantu benshi biganjemo n’ibyamamare bikomeye hano mu Rwanda  bitunguranye  bwa mbere mu buzima bwe umuhanzikazi asinah yagaragaye kuri stade ubona afite akanyamuneza  ko kureba gikundiro ikinamo uwo bimaze kuvugwa ko bari mu rukundo.

Ku munota wa 55 nibwo  Michael Sarpong yafunguye amazamu maze abafana ba Rayon sport bose biterera mu birere agashya kaje nukubona uyu mukinnyi yahise akora ikimenyetso cy’umutima  acyereka abari bicaye mu myanya y’icyubahiro ahagaragaye umuhanzikazi Asinah nawe utahwemye kugaragaza amarangamutima ye maze nawe mu byishimo byinshi si ukwiterara hejuru  bituma benshi  batangira kwemera ko ibyari bimaze  iminsi bivugwa ari ukuri.

Nubwo tutarabasha  kubona Asinah ngo adusobanurire neza koko niba ibikomeje  kuvugwa ko ari mu rukundo na Michael Sarpong  cyangwa ari nabyo byatumye  muri iyi minsi ari kugaragariza urukundo ikipe ya Rayon Sport .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *