Andy Bumuntu azataramira abanyehuye mu rwego rwo kumenyekanisha alubumu ye ya 1.

Kayigi Andy Dick Fred w’imyaka 24 y’amavuko uzwi mu muziki ku izina rya Andy Bumuntu, ni umuririmbyi w’umunyempano uririmba injyana ya Blues ivanzemo Gakondo ya Kinyarwanda azamurikira abatuye  umujyi wa Huye Alubumu ye  ya mbere .

Nyuma yo kumenya ayo makuru  KIGALIHIT yifuje kumenya byinshi  ku mitegurire y’icyo gitaramo gitegura  imurika  ry’umuzingo we  wa mbere aho ayigeze  agira byinshi adutangariza .

Yagize  ati “  kugeza ubu  nabamenyesha ko  alubumu namaze kuyikora  aho  zimwe mu ndirimbo muri 22 zizaba ziri  kuri alubumu yanjye  namaze  kuzikora   nkaba  narahisemo ko  mbere yo kuyimurikira abanyakigali nabanza  kuyisangiza abafana banjye  ba  mu ntara zose z’igihugu uko ari enye   nkaba  rero ngiye kubanziriza mu ntara y’amajyepfo mu karere ka Huye  kugira  izajye kujya hanze abakunzi banjye indirimbo zanjye  hafi ya zose  bazizi

Nyuma yo gutaramira i Huye, uyu muhanzi mu Ntara y’Iburasirazuba azataramira Rwamagana na Kayonza, mu Ntara y’Uburengerazuba azataramira Rusizi, Rubavu na Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru. Ibitaramo bizasozwa n’igitaramo gikomeye cyo kumurikira abanya-Kigali iyi Album nubwo  kugeza ubu ataratangaza neza  igihe naho kizabera

Igitaramo Andy Bumuntu azakorera i Huye kizabera kuri Credo Hotel, ku wa 20 Ukuboza 2019. Imiryango izafungurwa guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba aho kwinjira ari 2,000 Frw ku muntu umwe na 1,000 Frw ku munyeshuri

.  

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *