Anita Pendo Mu badj 10 bazacuranga mu Gitaramo cya Xmas Spinny Silent Disco

Anita Pendo ni umwe mu bakobwa bamenyekanye cyane hano mu Rwanda ubwo yari umushyushyarugamba ndetse akanaba umunyamakuru ukomeye cyane kuri Radio y’igihugu , kuri ubu uyu mubyeyi w’abana babiri  nyuma y’igihe yita ku muryango agarukanye Ingufu zikomeye .

 

Nkuko tubikesha Muyoboke Alex uri gutegura icyo gitaramo cy’umuziki udasakuza yadutangarije yuko kuri iyi nshuro ya Kabiri dj Spinny agiye kwongera gukorera igitaramo hano mu mujyi wa Kigali aho kizitabirwa naba dj barenga 10 aho hazaba harimo abo mu Rwanda ndetse n’abo muri Uganda  muri abo hakaba hazagaragaramo Dj Anita Pendo wamneyakanye cyane mu myaka ibiri ishize , aka kakab ari akarusho kuko muri iyi minsi umukobwa wagaragara cyane  ari Dj Ira uzaba ari umwe mu bazacuranga mu gitaramo cya Xmas Spinny Silent Disco

Yakomeje atubwira ko mu ba Dj icumi bazacurangira abakunzi aba Silent Disco imaze kwigarurira imitima ya benshi muri harimo abakunzwe cyane  nka Selekta Copain, Dj Lenzo, Dj Phil Peter na Dj Dialo. Ndetse  n’abazazana na Dj Spinny  baturutse mu gihugu cya Uganda .

 

 

 

 

Igitaramo cya Xmas Spinny silent  kizaba kw’itariki ya 25 Ukuboza 2018 kizabera ahitwa Pacha Club Kimironko ari naho icya mbere cyabereye. Kwinjira bizaba ari amafaranga ibihumbi bitanu by’amafaranga y’u Rwanda (5000Frw).

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *