Ben Benito ukorera umuziki muri Finland arifuza ko muziki ye itera imbere mu Rwanda

Umuhanzi  Ben Benito uzwi  ku mazina y’ababyeyi  nka katashira Benny  ni umuhanzi w’umunyarwanda  wavukiye  mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokasi ya  Congo nubwo mu buzima bwe  yakunze kuba ari mu Rwanda  aho yigiye  amashuri ye  nubwo yaje  kwerekeza   ku mugabane w’iburayi mu gihugu cya Finland aho  akorera muziki ye .

Uyu  muhanzi mu kiganiro yagiranye na KIGALIHIT  yadutangarije ko  nyuma yo kugera  muri icyo gihugu  yakomeje amasomo  ye  ndetse  anatangira gukora muzika ye  kuri ubu  akaba yashyize  hanze indirimbo “Melissa” yatuye  abakobwa b’ikimero cyiza .

Ben Benito  yakomeje atubwira ko  mbere y’uko akora  indirimbo Melissa  mu  minsi ishize  yari yashyize  hanze izindi  ndirimbo 2   arizo  I Can Feel It  na  Baby  Njoo , ubu arishimira  aho muziki ye  imaze kugera akaba  afite na gahunda yo  gukomeza kuwuteza imbere asaba abakunzi ba muziki nyarwanda  cyane cyane abanyarwanda ko bakomeza  kumutera ingabo mu bitugu kugira ngo  akomeze azamure ibendera ry’u Rwanda  mu ruhando rwa muzika

Tumubajije icyamuteye   kwita  kuriya  iyo ndirimbo Yagize ati “Njyakuyita Melissa byatewe n’ibihe narindimo by’urukundo mpita ntekereza akazina keza k’umukobwa haza Melissa, abitwa gutyo bose baba ari beza, nibo nagatuye n’abandi beza bose.”

Iyi ndirimbo ‘Melissa’ yakorewe muri SOS Records yumvikanamo Igiswahili, Ikinyarwanda n’amagambo amwe y’Icyongereza, . avuga ko mu minsi mike irimbere n’amashusho yayo azaba agiye hanze.

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *