Bruce Melodie yiyongereye mu byamamare bizaririmba mu gitaraamo cyateguwe na RSJF

Mu gihe  hasigaye igera minsi  kuri ine ngo habe igitaramo cyo  kumurika  ku mugaragaro  ihuriro nyarwanda  ry’abanyamakuru  b’imyidagaduro  bitunguranye  umuhanzi  nyarwanda  Bruce Melodie yongewe mu byamamare bizifatanya n’abandi bahanzi gususurutsa abakunzi ba muziki .

Ubuyobozi bw’iri huriro  muri iki gitondo cyo kuri uyu wa mbere bwatangaje ko bwongeye umuhanzi Bruce Melodie mu bahanzi  bazitabira  igitaramo cyo kumurikirira abanyarwanda  iryo huriro ku mugaragaro aho  kizitabirwa n’abahanzi benshi bakomeye mu Rwanda nka Tom Close uzakiyobora, Riderman, Fireman, PFLA, Yverry, Ruti Joel, Peace Jolis, Andy Bumuntu, Alyn Sano na Uncle Austin.

Tubibutse ko  icyo gitramo kizaba kuri uyu wa gatanu Tariki 06 Ukuboza mu ihema rya Kigali Conference and Exhibition Village ahi Kwinjira  bizaba amafaranga ibihumbi bitatu ku banyeshuri, ibihimbi bitanu mu myanya isanzwe ku bantu bakuru n’ibihumbi 10 mu myanya y’icyubahiro. Amatike yatangiye gucuruzwa ku rubuga rwa interineti rwa www.ticket.rw. 

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *