Charly na Nina basangije abakobwa b’i Rutunga uko kwirinda Ibishuko bizatuma Imbere yabo haba heza cyane (Amafoto)

Charly na Nina  ni bamwe mu bakobwa bakunzwe cyane hano mu Rwanda muri  aba bari mu gikorwa bise #100 Girlsiwacu aho bari kugenda bashishikariza abana ba bakobwa kwirinda Ibishuko byatuma bata inshingano zabo .

Ku uyu  wa gatanu   tariki ya 21 Kamena 2019 aba bakobwa bakomereje ubukangurambaga bwa #1000Girlsiwacu mu Rwunge rwa mashuri  rwa Rutunga ho mu karere ka  Gasabo mu mugi wa Kigali

Bakigera mu I Rutunga bakirriwe n’ushinzwe ubuzima  mu murenge wa witwa Ngabire Fidele  aho yashimiye Charly na Nina  igikorwa cyiza bateguye ndetse no kuba baratekereje  kuza kugira inama abana b’abakobwa  muri iki gikorwa cyabo cyiza .

Ubwo abana  bahabwaga umwanya ngo babaze ibibazo abenshi bifuje kumenya Imyaka yabo abandi babaza Imbogamizi bamaze guhura nazo muri muzika  ndetse n’inyungu  bungukiyemo.

Bimwe mu bibazo babajijwe n’Umwe mu banyeshuri baho yababajije imbogamizi baba barahuye nazo mu rugendo rwa muzika  maze mw’izina ry’itsinda  Charly nkumwe mubagize iryo tsinda yababwiye ko burya iyo muri babiri hari byinshi mudahuza ariko iyo mufite umugambi wo kujya imbere mubigeraho kubera ubwumvikane .

Charly yakomoje ku buryo batangiye bafasha abahanzi muri Primus Guma Guma aho benshi bibazaga kukazoza kabo ariko bombi bakaba barahise bubaka ubushuti bukomeye bwabyaye iryo tsinda .

Charly na Nina babwiye  abana ba banyeshuri uburyo batangiye muzika  mu myaka icyenda ishize aho bagiye bahura n’imbogamizi nyinshi kuko ubwo batangiraga  umuziki byari ibintu bikomeye cyane ariko bo bahisemo inzira yo  gukora muzika yabo  bitanyije nibyo bibazo bagiye bahura nabyo.

Mu nama bagiriye abanyeshuri baraho babasabye kurwana mu gutegura ejo heza habo kuko nibo rubyiruko rw’ejo , Nina we yasabye ababyeyi baraho ko bashyira ingufu mu kwita ku bana baba by’Umwihariko .

Umuyobozi ushinzwe ubuzima muri wa Kasha Mu Rwanda Natacha Mugeni yavuze ku bikorwa byabo aho bafasha abakobwa kubona ibikoresho umwari n’umutegarugori mu gihe baba bari mu bihe byabo nk’imihango ndetse yabasabye kwirinda inda zitateguwe . .

Nyuma Yo kuganira n’abanayeshuri Charly na Nina ndetse n’abari bahagarariye Kasha bashyikirije abana b’abakobwa bagaragaje impano zabo zitandukanye aho babahayo bimwe mu bikoresha bakenera mu bihe by’uburumbuke bwabo

Nyuma yo kuganira n’abana ba bakobwa Charly na Nina  bataramiye abo bana  ba bakobwa  baririmbye zimwe mu ndirimbo zabo nka Agatege,Face to face,Owooma,Uburyohe,Zahabu,Indoro bakoranye n’umuhanzi w;umurundi Big Fizzo.

Amafoto :Promesse Kamanda

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *