Comedy Knight ku bufatanye na Skol na Airtel batangiriye ibitaramo bya Country Wide i Musanze (amafoto)

Mu mpera  z’icyumweru gishize  ku wa gatanu  taraiki ya  20 Ukuboza  2019  nibwo  itsinda ry’abanyarwenya rya  Comedy Knight  ryatangiye ibitaramo  bya Country Wide aho  bateganya kuzenguruka igihugu  batera urwenya abakunzi babo .

Kw’ikubitiro  ibyo bitaramo  byatangiriye mu mujyi wa  Musanze aho  igitaramo kitabiriwe n’abanyarwenya benshi  Barimo  Babou , George, Ndimbati, prince na bandi basore benshi  bagiye  bagaragaza impano zabo  muri icyo gitaramo cyabereye mu nzu y’imyidagaduro y’abihaye imana ya Fatima .

Kw’isaha ya  Saa kumi n’ebyiri n’igice nkuko byari  biteganyijwe  nibwo  umushyushyarugamba akaba n’umunyarwenya Babou  yari ageze ku rubyiniro rwiza rwari rwateguwe  na Skol  ndetse  na Airtel aho yabanje gushimira abari bitabiriye  icyo gitaramo nubwo mu minota ya Mbere  wabonaga  abantu atari benshi  nubwo  bagiye  biyongera  gahoro gahoro kugeza ubwo sallenyaje kuzura ibintu  byatunguranye  cyane maze abantu  baranezerwa karahava .

Bamwe mu  banyarwenya bakizamuka  basekeje abantu  imbavu barazifata  ubona ko  bishimiwe cyane .

 Ubwo  igitaramo cyari kigeze hagati   hahamagwe itsinda ry’abasore  batatu  rya Buchaman , Jazzy BEATZ & OG KHEINZ  mu ndirimbo yabo  Tujye gusenga n’izindi  nyinshi bahinduye ibintu  bari bitabiriye bose ubona basanzwe na kanyamuneza  maze  bibananira  kwihangana  barahaguruka babafasha  kuririmba ari nako babyina  ibintu byahinduye  isura y’igitaramo  na bantu barushaho kwinjira ari benshi.
 Nyuma y’uyu muhanzi  hakurikiyeho umunyarwenya  Prince nawe waje aje guhindura  ibintu byinshi  aho yasekeje   inkumi  zaraho kakahava ,
 Prince avuye  ku rubyiniro hakurikiyeho  Umunyarwenya  Joshua  nawe waje nk’ibisanzwe abaza ibibazo bikunze kunanira benshi  maze abantu baraturika baraseka  kwihangana birabananira  .
 Joshua  yagize ati “Joshua yagaragaje ukuntu iyo Aba-Dasso bafashe umuntu nijoro bamubaza ikibazo byanga bikunze cyatuma akubitwa.

Umwe ati “Niko sha, ko ijoro ari iry’imbwa n’abajura wowe uri iki?” Undi ananirwa gusubiza, aho yagaragaje ko  igisubizo icyo aricyo cyose wavuga ukubitwa byanga bikunze.

Ahagana  kw’isaha ya saa ine  Abanyarwenya  babou  na  George nabo baje   kuza kurubyiniro  ibintu bihindura   isura  maze ibintu  biraryoha karahava kugeza ubwo baje kuva  ku rubyiniro abantu  batabishaka .

Nyuma yabo banyarwenya igitaramo cya  Country Wide cyasojwe n’umuhanzi ukomeje kwerekana ko akunzwe  cyane Nsengiyumva Francois uzwi mu ndirimbo  igisupusupu   maze ibintu  binhindura isura kuko benshi mu baraho bahise bahaguruka maze umuziki barawubyina karahava  kugeza ubwo yaririmbaga  indirimbo ye nshya nyise  Mutesi ahagana  I saa tanu n’igice nibwo  uyu  muhanzi yavuye  ku rubyiniro abantu nabwo batifuza gutaha .

Iki gitaramo cya  Country Wide cyabereye  I musanze cyateguwe  na Comedy Night  giterwa inkunda  n’ibigo bibiri  bikomeye   harimo  Skol  Rwanda  uruganda rutunganya ibinyobwa  bisembuye  n’ibidasembuye  ndetse  yuganirwa na  Airtel Rwanda  ikigo cy’itumanaho   gikomeye kandi gifite  abafatanyabuguzi basaga  miliyoni eshanu  mu gihugu cyose . 

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *