Dr Scientific yashyize hanze indirimbo icyotsi ataka ubwiza bw’Umukobwa w’umunyarwanda.(Yumve)

Sibomana Jean Bosco wamenyekanye nka  Dr Scintific  ni  umuhanzi ubarizwa mw’itsinda  rya The Legends aho abanamo na mugenzi we  King The winner ,Kuri ubu uyu mugabo  yashyize hanze yise icyotsi atakamo ubuhanga n’Ubwiza bw’Umukobwa w’umunyarwandakazi

Muri  iyi ndirimbo uyu mugabo ukunzwe cyane mu ndirimbo nzatuza, Ubutwari,Why,Leave The Drug na Rwandan Girl,   avugamo  ubwiza ndetse n’ubuhanga umukobwa w’Umunyarwandakazi afite.

Mu gitero cya mbere agira “uri icyotsi ndakurahiye inonge iyonge Uricyotsi kandi ufite potential ndakurahiye Nyegayeza amabuno , uvugute amabondo dance dance , ayo magambo iyo uyumvise neza yashimanggizaga umukobwa w’umunyarwandakzi uzi kubyina,ufite  uburanga, ndetse n’Inseko  nziza .

Mu Kiganiro na Kigalihit Dr Scientific yadutangarije ko Nyuma yo gusohora  Indirimbo ndamwikundira yahise yumva agomba gukomeza  gushyira hanze  imwe mu mishinga afite muri studio zitandukanye hano muri Kigali akaba ariyo mpamvu yahise ashyira Indirimbo ye nshya yise Icyotsi avugamo ubwiza ndetse n’ubuhanga umukobwa w’Umunyarwandakazi afite .akaba yasabye  abakunzi be gukomeza gukunda ibihangano by’iitsinda  abanamo na Sean Protae rimaze kumenyekana  cyane Direction Music

 Indirimbo icyotsi ya Dr Scientific yakozwe mu buryo bw’amajwi na Prodeucer Laser Beat ikorera muri stuio ye yitwa The Beam  Beats Records

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *