Eddyzon na Nasson bifatanyije bashyira hanze indirimbo bise Mubiganza (Video)

Umuhanzi Eddyzon  wamenyekanye mu ndirimbo nka Birumvana ni zindi nyinshi  kuri  uyu wa kabiri yashyize hanze amashusho y’indirimbo Mubiganza  yifatanyijemo  n’umuhanzi  umaze igihe kinini mu muziki nubwo atari kugaragara cyane  Naason .

Ubwo uyu  musore  yatugezagaho  iyo ndirimbo twamubajije  niba  iyo ndirimbo  yarayanditse afite  uwo ashaka  kubwira nk’umukunzi we cyangwa   ari indirimbo yakoze ashaka gutanga ubutumwa bw’urukundo kuri  buri wese ufte uwo yahaye umutima we .

Yadusubije ko  iyi ndirimbo yagize igitekerezo  cyo  kuyikorana  na Mugenzi we  Naason   ubwo  bari bamaze  iminsi  babonye ubutumwa bw’integuza  y’umukwe  bw’umunyamakuru wa Radio na Tv 10 Gicumbi  Benjamin n’umkunzi we Delphine nawe  bakoranaga muri icyo gihe kuko ubu atakihakora .

Muri  iyo ndirimbo  byumvikana ko yiganjemo imitoma myinshi  Nasson aririmbamo ari umusore  wihebeye umukobwa ndetse yifuza kuzabana nawe akareka  ubuzima bwo guhora  mu bakobwa ahubow yifuza  kubaho mu buzima bufite  intumbero arikumwe n’umukunzi we  ubuziraherezo .

Nyuma  yo  kuganira na  Edyzzon  twaganiriye na  Twahirwa  Théo Umuyobozi Mukuru  wa  Real  Entertainment twamubajije niba muri  iyi  minsi   yaba  ari gukora  n’umuhanzi Edyzoon  nk’umujyanama we  abitera  utwatsi  atubwira  ko  indirimbo Mubiganza  ari  igitekerezo bagiriye hamwe bose   bafite  intumbero yo  kuzayitura Gicumbi  na  Delphine mu bukwe bwabo  ariko biza kurangira  iyo ndirimbo itabonekeye igihe kugira  bayibature  nk’abantu  bakuyeho  igitekerezo cyo kuyandika .

Ku bijyanye  niba azakomeza  gukorana  nawe muri Studio  ye yirinze kugira icyo adutangariza ariko atubwira ko muri Groove  Records  nta muhanzi numwe uhejwe kuza kuhakorera  niyo  yaba ari kumwe  na Producer we  bose  bahawe ikaze.

Asoza Théo yashimiye abantu  babateye inkunga kugira ngo amashusho yiyo ndirimbo abashe   gukorwa.

Iyi ndirimbo “Mu biganza” yasohotse kuri uyu wa kabiri tariki 17 Ukuboza 2019. Amashusho y’iyi ndirimbo yafatiwe Kicukiro kuri Destella yakozwe na Producer the Benjamins, . Ni mu gihe amajwi yatunganyijwe na Producer Piano muri Groove Records.

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *