GetRwanda yateguye urugendo rwo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994

Ku cyumweru tariki ya 20 Mata 2019, Ikigo cy’ikoranabuhanga  cya GetRwanda cyabateguriye urugendo rwo kwibuka  aho urubyiruko rubyifuza kuza kwifatanya na bandi banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Jenoside ku nshuto ya 25

Ibi iki kigo kibikoze  mu gihe abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 25 Abatutsi bazize Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994.

Nkuko twabitangarijwe na Joshua Gasore  Umuyobozi Mukuru wa GetRwanda Ltd yadutangarije yuko iki  gikorwa bagiteguye mu rwego rwo kwifatanya n’abanyarwanda kwibuka Inzirakarengane zazi Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994

Yakomeje atubwira ko uyu mwaka nkuko insanganyamatsiko ibivuga ari Kwibuka Twiyubaka bifuza  kuzaganiriza urubyiruko rwose rwo mu Rwanda  uko barwanya Ingengabitekerezo ya Jenoside  ndetse nuko barandura Imizi yayo.

Ikindi nuko bifuza  guhumuriza abarokotse jenoside  yakorewe abatutsi babinyujije mu rubyiruko kuko arirwo Rwanda rw’ejo , ikindi urwo rugendo rugamije nu kugira ngo benshi mu rubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside  ruzasobanurirwe amateka yuko Jenoside yateguwe  nuko byaje kugenda kugira ngo ingabo zahoze ari za FPR Inkotanyi  zabohoye abaziraga uko bavutse .

Icyo gikorwa bitaganyijwe ko kizaba kw’itariki ya 20 Mata 2019 kikazabanzirizwa n’urugendo ruzatangirira ku Bitaro bya Muhima  kigasorezwa ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali Ku Gisozi.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *