Ibitaramo bya Rwandan Music First byabereye i Rubavu byarangiye bamwe batanezerewe(amafoto )

Mu minsi ishize nibwo itsinda ry’abanyamakuru b’imyidagaduro ba hano mu Rwanda batangiye ibitaramo bizenguruka igihugu cyose bakora ibitaramo byo gukangurira abanyarwanda gukunda umuziki wabo aho guha agaciro umuziki w’abanyamahanga, ibi bitaramo biri kuzenguruka ibice by’igihugu binyuranye kuri ubu hari hatahiwe akarere ka Rubavu.

Kuri Uyu wa gatandatu tariki ya 1 ya mbere nibwo abahanzi biganjemo abaraperi bahagarutse  i kigali berekeje mu mujyi wa Rubavu abo akaba ari  P Fla, Bull Dogg, Khalfan, Mukadaff, Asinah,Social Mula, aho bakiriwe na bahanzi  bakunzwe cyane i rubavuru aribo  The Same ndetse na Ben Adolphe na Jammy The  Master .

Ubwo igitaramo cyatangirag ao cyagombaga kubera ku kabyiniro kazwi nka Lake Side abahanzi bakiriwe n’abantu benshi cyane   bishimiye kubona abo bahanzi babifashijwemo na Mc Iras Jalas wari umushyushyarugamba ndetse na Phil Peter waruri kuvanga umuziki nkuko bisanzwe  habanjhe abahanzi bo mu mugi wa Rubavu .

Umuhanzi Jammy The Master

Ku mwanya wa Mbere habanje umuhanzi Jammy the Master mu ndirimbo ze ubwona ko zikunzwe ku mugi wa Rubavu yashimishije abakunzi be  nubwo ataririmbye indirimbo nyinshi gusa yitwaye neza cyane .

The Same

Itsinda The Same ni rimwe mu matsind akunzwe cyane mu mugi wa Rubavu  kuko ni abasore bamaze kwigarurira imitima ya Benshi ubwo bageraga ku rubyiniro iintu byarahindutse cyane  abantu barahaguruka  inkumi kwihangana biranga zibasanga ku rubyiniro  barabyina karahava .

Adolphe umuhanzi ukunzwe muri Rubavu .                                                                                                                               

Umusore Adople ni umuhanzi uri kuzamukana ingufu  mu mugi wa Rubavu yamenyekanye cyane mu minsi ishize ubwo yakoranga indirimbo na Uncle Austin  ibintu byatumye abantu benshi bamumenya ubwo yageraga ku rubyiniro yerekanye ko ari umwe mu bahanzi bakunzwe cyane aho i Rubavu kuko abantu bose bamufashije kuririmba indirimbo se .

Umuhanzikazi Asinah niwe muhanzi wabanje ku rubyiniro  aho uyu mukobwa uririmba  injyana ya Dance hall akomeje kwigarurira imitima ya benshi muri ibi bitaramo bya Rwanda Music First kuko iteka uko ageze ku rubyiniro ibintu irahinduka kuko abantu bamwereka urukundo rudasanzwe

Mukadaff umwe mu basore bakora Injyana ya Hip  Hop igezweho nawe aho i Rubavu yerekanye ubuhanga buhambaye cyane  ahagurutsa abakunzi ba Muzika   barabyinana .

Social Mul umwe mu nkingi za Mwamba mu njyana ya Rnb ubwo yageraga ku rubyiniro  abakobwa b’I rubavu biyibagije k0 ari umugabo ufite umugore maze  batangira kumubwira ko bamukunda birenze  nawe bikamutera ingufu zo kuririmba  cyane ndetse  yavuye ku rubyiniro ubona batabishaka .

Umuraperi Bull Dogg Ubwo yageraga ku rubyiniro yatumguye benshi kubera amagambo menshi yagiye akoresha mubwo yaririmbaga kandi byaragagaye ko abanyarubavu bakunda Injyana ya Hip Hop kuko ibyo yavugaga Byose babiranzagaho bakibyinira  bisanzwe .

Ahagana i saa Sita n’igice  Umuhanzi Nyamukuru wari utegerejwe na Benshi ni P Fla mu njyana ye ikakaye uyu musore yasabye abakunzi be gukomeza guteza imbere umuziki nyarwanda  kuko iki nicyo gihe ngo abahanzi nyarwanda berekane ko bashoboye .

Kw’isaha ya saa Saba nibwo icyo gitaramo cyasojwe ubwo abahanzi bahavuye berekeza muri kamwe mu kabyiniro  ko mu mugi wa Gisenyi aho bagombaga gukorera after Party ariko siko byaje kugenda kuko ubwo abahanzi bahageraga  basanze ako kabyiniro  nta bantu barimo kandi ubona katari ku rwego bo bifuzaga , bo n’abanyamakuru ndetse n’inshuti zabo bahisemo gushaka ahandi bajya kwiryohereza ibintu abakunzi ba muziki mu mugi wa Rubavu bafashe nk’agasuzuguro  kubera banze kubaririmbira bituma bitera impagarara..

Nyiri akabyiniro we yahise ajya kurega abateguye igitaramo abashinja kumubeshya ko abahanzi bitabira after party y’igitaramo bikarangira batahageze. amaze gutanga ikirego uyu mugabo bamwe mu bategura iki gitaramo bakaba bahise batabwa muri yombi bajya kuri Polisi muri iki gicuku kugira ngo basobanure iki kibazo.

Abatawe muri yombi bakaba ari abanyamakuru Iras Jalas ukorera Isango Star ndetse na Aron umwe mu banyamakuru bakorera Kt radio aba nyuma yo gusobanura ikibazo hakabaho kumvikana na nyiri aka kabari bahise barekurwa gusa abateguye iki gitaramo basabwa kwishyura indishyi z’akababaro ndetse nabasaga 80 bari bishyuye amatike bagasubizwa amafaranga yabo n’aba bari bateguye igitaramo.

Reba andi mafoto y”uko icyo gitaramo cyari kifashe I Rubavu

 

Amafoto : Nsanzabera Jean Paul

www.kigalihit.rw 

 

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *