Irebere ahantu kw’isi ba mukerarugendo bashobora guhurira n’ibyago .

Uyu munsi uko isi irushaho kugenda itera imbere  ni nako abakunda gushoka bagenda baruahaho kubona  ahantu hababera heza ariko batibagiwe na handi habashyira  mu byago , twabateguririye urutonde rwa ahantu hakurura abantu  ariko hanateye n’ubwoba  cyane kw’isi .

Ikibaya cy’urupfu (Death Valley) USA

Tuvuga ko isi ari icumbi ryacu  gusa Death Valley  niryo tanura  ritwika , iki kibaya kigizwe n’ubutayi bizwa  nibwo bwahize ubundi  mu kugira ubushyuhe bwinshi  butigeze bwandikwa ahandi  kw’isi hose  kuko bugira  ubushyuhe bwa Degire  serisiyusi 56,7 , uko byagenda kose  izuba ritwika n’ubushyuye buteye ubwoba  bwo kuri Death Valley bwakica mu gihe kitarenze amasaha 14 nta mazi ufite yo kunywa

 

Ubutayu bwa  Danakir (The Danakil Desert) Eritrea

Ubutayu bwa Danakil buri mu gihugu cya Eritireya  bugira ubushyuhe bwa Degire serisiyusi 50  , bufite uturunga twinshi kandi tukiruka  imyuka ihumanya cyane  ni bintu bigoye  kwiyumvissha yuko ko muri afurika hari ubutayu nkubwo ngubwo , gusa nubwo hameze hatyo abanu benshi bahafata nk’ikuzimu ario hakurura abantu benshi bakajya kuhasura  nubwo bitemewe kuhagera udafite umuntu uhazi ugenda akuyobora

Umusozi wa Washington (Mount Washington) USA

Umusozi wa Washington  ufite gahigo ko kuba ugira imiyaga yihuta cyane  kuri iyi isi ya Nyagasani aho umuyaga waho uba ufite umuvuduko  wa kilometero 327 mw’isaha .

Imiyaga ifite ingufu nyinshi  siyo iwuranga  kuko n’ubukonje bwaho bwonyine bugera  munsi ya degire  40 , ikindi uyu musozi ubaho urubura  bituma haza mu hantu hateye ubwoba cyane  kuko ufite uburebure bwa Metero 1917 z’ubujyejuru .

Ikirunga cya Sinabung (Sinabung Volcano) Indonesia

iki kirungakiri  mu gihugu cya Indoneziya  ni kimwe mu birunga bikiruka  kiri ku kirwa cya Sumatra  aho buri mwaka kiruka kigasiga abantu benshi batagira aho baba ndetse  batanafite ibyo kubatunga  , imijyi ndetse n’ibyaro  byaho higerereye byarengewe n’amabuye yagize asigwa n’iruka ryacyo  rybaye mu myaka 2010,2013,2014, 2015 mu gihe  giheruka kuruka bwa nyuma mu kwa kabiri 2016 .

iyo icyo  kirunga kirutse kijugunya ibyuka bihumanya  ndetse n’ibibuye byinshi   bigera ku burebure bwa metero 2500 ku buryo abahatuye  babaho batizeye ejo habo heza .

ikirwa cy’inzoka  (Snake Island), Brazil

iki kirwa giherereye mu gihugu cya Brazil  kizwiho  kuba ari hamwe mu hantu habi cyane kw’isi ,impmavu ikaba yoroshye cyane  kubera  ni ahantu habarizwa inzoka  zifite ubumara bwinshi  cyane kw’isi zitwa  Bothrops .

Abashakashatsi bavuga yuko  inzoka byibura ziri hagti y’eshanu n’icumi kuri icyo kirwa ziba ziri muri  Metero kare ,Hari amateka menshi avuga ko hari abantu bagiye  basimbuka impfu  zinyamwaswa zica , amwe muri ayo mateka ni ayuwakoraga kuri icyo kirwa  watewe  nimwe muri izo nzoka  ikamurya agahita ahasiga ubuzima ,kuva icyo gihe leta ya Brazil yashyizeho itegeko ko nta  muntu wmerewe kuhatemberera kubera izo nzoka

Madidi National Park, Bolivia

Ukibona bwa mbere iyi parike ubona ari ahantu habereye ijisho ariko habarwa muhateye ubwoba  kuko haba imvyuka ihumanya , ikindi nuko ibimera byose bihamera bidashobora kuribwa  kubera imyuka myinshi  ihumnaya ihaba

Ikibaya cy’urupfu  (Valley of Death, Kamchatka) Russia

ikibaya cy’urupfu cya Kamchatka giherereye mu burengerazuba bw’uburusiya  hafi y’ikindi kibaya cyamamaye cya geysers , icyo kibaya kibamo imyuka ihumanya myinshi cyane  aho  haba amakuba akomeye cyane  ku kiremwa cyose  yaba Umuntu, ibihingwa cyangwa ibisimba  kihagejeejwe gihita gipfa ako kanya  mu gihe abantu bo babanza kugira umuriro mwinshi, bagacika integer ndetse bakanacibwamo

 

Bikini Atoll, The Marshall Islands

iki kirwa kiri mu Nyanja  gifite umwuka mwiza  ariko cyaje  gutinywa cyane nyuma yaho batangiye kujya bahakorera poragarmu zimwe na zimwe z’ibisasu  bya kirimbuzi  byatumye hahinduka ukundi  aho ibiremwa bitandukanye  bisigaye bihagirira ibibazo  kubera imirasire y’ibikorwa bya kirimbuzi bihakorerwa  bishobora no gutera indwara ya Kanseri .

Ubwami bw’inzovu (Elephant Kingdom  Chonburi, Thailand)

Ubwami bw’inzovu   buherereye mu gihugu cya thailane aho umworozi w’ingona yazifungiranye ahantu mu kiyaga abo ba mukerarugendo bifuza kuzisura bakodesha akantu gato kameze nka kazu kari mu mazi hagati  aho babasha kuzireba baezegereye ndetse bakanazigaburira  inyama  ziziritse ku gati karere aho  benshi bakora ibikorwa bimwe biteye  ubwoba aho  benshi bakresha ubwo buryo ingona zishoje zigasimbuka zishaka gufata izo nyama ibintu bimwe bituma hajya mu hantu hateye ubwoba kw’isi

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *