Itsinda rya Trezzor ryashyize hanze amashusho y’Indirimbo “Njye Nawe”

Itsinda Trezzor rigizwe n’abasore babiri  Yves kana  na Hategekimana Bertrand  bakunzwe mu ndirimbo  Urukumbuzi’, ‘Nsasira’, Rockstar’,Mon Amour  n’izindi nyinshi   cyane  bashyize hanze amashusho y’indirimbo yabo nshya bise Njye Nawe  yuzuyemo amagambo y;urukundo

Mu kiganiro nabo   basore  badutangarije ko  muri iyi minsi  kw’isi hose urukundo rukomeje kuganza cyane ruri mu biza ku mwanya wa mbere mu gutwara imitima ya benshi  cyane akaba ariyo mpamvu twayise “Njye Nawe “.

bakomeje  bagira bati “burya iyo ukunda umuntu umwereka imbamutima zawe cywangwa amarangamutima yawe kugira nawe abone koko k’umukund akaba ari indirimbo yadufashe igihe kinini cyane tukayikora hakiri kare ariko ntitwihutire kuyishyira hanze kuko twifuzaga ko igihe tuzayigeza ku bakunzi bacu izaba ifite ibikenerwa byose birimo n’amashusho meza .

Ku bijyanye naho indirimbo yakorewe yadutangarije ko akenshi indirimbo zabo zikorwa na Producer Trackslayer wo muri Touch Record akaba ari nawe wakoze  iyi ndirimbo nshya  ariko afasha  n’bamwe mu bahanga mu gucuranga ibindi bikoresho bya Muzika nka Joseph usanzwe uzwi mu bitaramo bya Kigali Jazz Junction acuranga Saxophone  naho Bertrand we yacuranze Piano.

Amashusho yayo yo Yves yatubwiye ko yabavunnyeho gatoya kuko bayakoreye mu bihugu bibiri mu Rwanda  ndetse no muri Congo kuko bifuzaga ko nayo azaza ari ku rwego rwo hejuru .

https://www.youtube.com/watch?v=JK3pkJ89ZNE



auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *