Itsinda the Legends ryashyize hanze indirimbo nshya ryise Alia

Itsinda rya The Legends   rigizwe na basore babiri  Sibomana Jean Bosco uzwi nka Dr Scientifi na King The Winner ni abasore bamenyekanye mu ndirimbo nka twahisemo ndetse ni zindi nyinshi . Kuri ubu aba basore  bashyize hanze indirimbo bise Alia

Mu kiganiro kigufi twagiranye  na Dr Scientific  ubwo yatuzaniraga iyi ndirimbo yadutangarije ko indirimbo Alia ari inidirimbo y’urukundo .

Yagize ati n’indirimbo ivuga ku nkuru yabayeho aho  umwe mu nshuti ze yakunze umukobwa  akamwizeza byose mu rukundo harimo no  kuba bazaba ariko umukobwa akanga agakurikira iby’isi  agasigira umukunzi we agahinda .

 Tumubajije  impamvu  muri iyi minsi bari gukora  indirimbo nyinshi cyane mu gihe gitoya  yadusubije ko  mu mishinga bafite bagomba gukora cyane  kugira bakomeze batange ubutumwa bwabo ku bakunzi babo .

Mu gusozaa twamubajije  kugeza ubu indirimbo bafite  we na mugenzi we king the Winner atubwira ko  bafite indirimbo nyinshi  zishobora kujya kuri alubumu ebyiri cyangwa eshatu ibyo bo bakaba babibona nk’igikorwa  gikomeye kandi yaduhamirije ko  nubu bagikomeza gukora  mu rwego rwo kugeza kure ibihangano byabo.

Indirimbo Alia  yakozwe mu buryo bw’amajwi n’umusore  umaze igihe  muri muzika uzwi nka Producer Knox beat  muri Moster Record

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *