Jay Polly n’ uwahoze ari Manager we Bosco bongeye guhuriza hamwe imbaraga bashinga akabari

Mu mwaka wa 2016 nibwo  mu myidagaduro yo mu Rwanda  higeze kuvugwa inkuru yashimishije benshi aho umuhanzi  Tuyishime  Joshua  uzwi  nka jay Polly ko yasinyanye amasezerano yo gukora n’umugabo  uzwi nka Nkurikiyinka Bosco  ariko nyuma  y’igihe kitari kirekire  iyo mikoranire yaje  guhagarara.

Nyuma yo guhagarika  imikoraniye yabo bombi  umwe  akajya gukora   ku giti  cye abo bagabo  bakomeje kugenda  bahuzwa n’ibintu  byinshi  bisanzwe  ariko  nyuma y’icyo gihe cyose abo bagabo bongeye  guhuza imbaraga  mu mikoranire  aho bashinze akabari keza mu rwego rwo gukomeza guterana ingabo mu bitugu.

Ubwo twamenyaga aya makuru twifuje kumenya neza niba aribyo  twegera Best Manager  Bosco  tumubaza  niba koko ibyo twavumbuye aribyo  maze  atwemerera ko  mu  gihe  cy’imyaka isaga itatu  nta bintu byinshi bakorana n’umuhanzi Jay Polly  ubu bongeye kwihuza  bakora ahantu abantu benshi bashobora kuruhukira  ndetse bakanahafatira amafunguro  atandukanye mu gihe bari  kuruhuka .

Tumubajije  uko aho hantu  bazajya bakorera  ibyo bikorwa  yatubwiye ko hitwa Zebra tourism Hotel iherereye ku kimihurura  munsi ya Simba ku muhanda uturuka ku gishushu ugana kicukiro ku muhanda w’igitaka.

Manager  Bosco mu gusoza  yatubwiye ko muri Zebra Tourism Hotel  umukiriya  ari umwami anasaba abantu bose  kubagana kubera serivise nziza haba kubyo kurya ,kuryama ndetse no Kunywa akaba yararikiye abanyarwanda kuzahatemberera  mu mpera z’uyu  mwaka  kw’itariki  31 ukuboza 2019 bakifatanya mu birori byo  gusoza umwaka , aho uzitabira icyo gitaramo azabasha kwigurira  indobo ya Heineken 6 ku mafaranga ibihumbi 5000 akongezwa Pizza  y’Ubuntu .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *