Kanye west yakoze agashya ajya mu bukwe bwa 2 chainz yambaye sandale

Mu mpera z’icyumweru  gishize tariki ya 18 Kanama 2018 nibwo umuraperi ukunzwe cyane muri Amerika 2 Chainz ubusanzwe witwa Tauheed Epps yasezeranye n’umukunzi we Kesha Ward , ubukwe bwitabiriwe n’ibyamamare byinshi  gusa Uwitwa kanye West we yakoze agashya kumije benshi aza yiyambariye inkweto zisekeje za sandari .

Ubu bukwe bwabereye mu mugi wa Miami mu nzu yahoze ari iy’umunyamideli versace  yitwa Villa Casa Casuarina aho  bwitabiriwe n’abantu ba hafi cyane y’uwo muryango wa 2chainz basaga gato 100.

Ubwo abatumirwa bahageraga batunguwe no kubona umuraperi Kanye West aherekejwe n’umugore we Kim Kardashian bava mu modoka nziza yo mu bwoko bwa Mercedes Benz AMG  yambaye ikoti ryiza ryo mu bwiko bwa Louis Vuitton arangije ashyiraho inkweto za sandari ubona zimeze nkizo bajyana  mu  bwogero .

Nubwo Kanye west yari yambaye gutyo byagaragaye ko yari yabangamiwe cyane kubera ukuntu izo  nkweto zari ngufiya cyane   ku buryo byamugoraga guhagarara bikamusaba ko yifashisha umugore we akaba ari we umubera inkingi .

Mu busanzwe Kanye West ni umwe mu byamamare byo muri Amerika ukunda gukora utuntu tw’udushya aho agenda iteka atungurana mu myambarire  isekeje .

NSANZABERA Jean Paul

www.kigalihit.rw

 

 

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *