Kina Music yasinyishije umwana muto Nel Ngabo nyuma ya Dream Boys , Knowless na Tom Close

Kina Music ni inzu  imaze kumneyakna cyane hano mu Rwanda mu gufasha abahanzi batandukanye kw’ikubitiro mu myaka imaze ifasha abahanzi  nka Tom Close , Knowless na Dream Kuri ubu iyi nzu ikaba yasinyishije impano nshya  akaba ari umwana witwa Nel Ngabo.

Mu minsi yashize  Umuyobozi wa Kina  Music Bwana Ishimwe Clement abinyujije ku mbuga Nkoranyambaga ziyo nzu ndetse n’ize bwite yari yatanze itangazo asaba abantu bose bafite Impano  zirimo gukina Filme no kuririmba ko  bakwiyandikisha kugira ngo barebe ko babona mahirwe yo kuzatorwamo uwo bazafasha kugeza impano ye .

Mu binndi bifuza ni abanyempano bazi gukina filime  benshi nubwo bo gushakisha izo mpano bitararangira .

Ishimwe clement Umuyobozi wa Kina Music  yadutangarije ko  kuri ubu umunyempano muri muzika bamaze kumubona akaba yanamaze gusniya masezerano  y’Imyaka itatu  dukorana nawe  ariko  nibishoboka  bamaze kureba uko yitwar ayo masezerano bashobora kuzayongera .

Yakomeje avuga ko umunyempano basinyishije ari umwana ukiri muto witwa Nel Ngabo akaba afite Imyaka 21  kuri ubu indirimbo ye ya mbere ikaba yararangiye bikaba bitaganyijwe yuko iyo ndirimbo bise Why iribujye hanze kuri uyu wa gatanu.

Tubibutse y’uko inzu ya Kina Music isanzwe ikoreramo abahanzi  batatu aribo Dream Boys , Knowless, na Tom Close  usibye ko banafire aba benshi bagenda bafasha nka Igor Mabano, Aline Gahongayire ndetse Yverry.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *