Knowless ,Mugisha Samuel na Joseph Areruya basinye amasezerano yo gukorana n’Ikigo cya Colruyt gikora Mayonnaise

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Gashyantare  2020  muri  Kigali Convention Center ikigo  cyo mu Bubiligi cya Colruyt gikora mayonnaise yitwa  Culino cyagiranye Amasezerano y’imikoranire n’umuhanzikazi Butera Knowless ndetse n’abasore babiri  bakinira ikipe y’Igihugu y’Amagare aribo  Mugisha  Samuel na Joseph Areruya aho bazajya bamamaza ibikorwa byacyo .

Uyu muhango wari  witabiriwe n’abanyamakuru batandukanye  baba abazwi mu myidagaduro ndetse nabo muri Siporo aho babashije gusobanurirwa  byinshi kuri iyo Mayonnaise igiye kumara igihe cy’imyaka 20 iri kw’isoko mpuzamahanga .

Ukuriyi  Ikigo cya Colruyt  mu Rwanda Madamu Nacy mu ijambo rye yabanjye gushimira  abitabiriye  ubutumire bwabo ndetse ‘abambasaderi  bazabamamariza ibikorwa byabo hano mu Rwanda .

Yakomej agira ati  Culino Mayonnaise  igizwe n’umushongi w’amagi  ugre akuri 5 kw’Ijana  uva ku magi y’Inkoko zo mu bihugu bitatu  bikomete ku mugabanw ‘Uburayi aribyo Ububiligi , Ubufaransa n’Ubuholandi  bituma rero Iyo mayonnaise irimo indium Ikunda cyane   mu bice bitandukanye  hano kw’Isi.

Ku bijyanye n’ibyamamare bizabamamariza birimo Knowless , Mugisha Samuel na Areruya Josesph  yavuze ko  babahisemo kuko babonye aria bantu bakunzwe cyane kandi bashobora kwamamaza Ibikorwa bya Culino Mayonnaise  binyuze mu bikorwa byabo  bikakomeza gukundwa nkuko imiryango myinshi y’abanyarwanda  yagiye ibikunda  bikba rero biza ari ibintu by’agaciro gakomeye  cyane gukorana nabo,

Knowless ugiye kuba ambasaderi w’uru ruganda rutunganya Mayonnaise aganira n’itangazamakuru yaritangarije  ko yishimiye cyane kuba  Culino Mayonnaise yaramuhisemo ari ibintu by’agaciro cyane  kuko no mu busanzwe iwe mu muryango we bari basanzwe bayikoresha ku mafunguro ya buri munsi

Ati “Igitangaje n’ubundi niyo nsanzwe nkoresha kuko ibamo indimu…Mbese byabaye nk’ibyikora kuko kugirango uhagararire ikintu neza bisaba ube usanzwe ugikoresha ukizi cyane.”

Yasoje agira ati “ati “Ubu dufite imikoranire, nanjye hari icyo ngomba gukora nkatanga umusanzu munini kugirango iyo mayonnaise imenyekane nkuko nabo babinsabye.

 Ni uguhora ntekereza udushya kugirango turusheho gukorana neza.”

Avuga ko ubu agiye no gukora indirimbo ivuga kuri iyo mayonnaise, hakorwe n’ibindi byinshi birimo n’ibitaramo mu rwego rwo gukomeza kuyishishikariza abantu.

Areruya Joseph uzaba agize ‘Team Rwanda’ mu irushanwa rya Tour Du Rwanda rizatangira mu mpera z’iki cyumweru yavuze ko ibi ariyo nsinzi ya mbere yo kwegukana irushanwa kuri bo.

Ati “Ikizere cyo kwegukana Tour du Rwanda cya mbere ni iki. Kuba tubonye abandi bafatanya bikorwa bizadutera ishyaka kandi natwe twizeye ko bizagenda neza cyane.”

Iki gikorwa kibaye mugihe habura iminsi mike ngo isiganwa ry’amagare rya ‘Tour du Rwanda’ ritangire. Kuba barahisemo abakinnyi b’amagare n’umuhanzi Butera Knowless ni uko uru ruganda ngo ari rumwe mu baterankunga bashya mu magare.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *