Ku nshuro ya 3 muri Kigali hagiye kubera igitaramo cya Christmas Street Silent Disco muri Fuschia

Mu gihe  abanyarwanda basigaye icyumweru kimwe  ngo bizihize ivuka ry’Umwana w’Imana  umunsi mukuru  uzwi nka Noheli uba  kw’itariki ya 25 ukuboza  buri mwaka . akabyiniro ka Fuschia ahazwi nko kwa Jules bongeye  gutegura  igitaramo cya  Christmas Street Silent  Disco kibera  mu muhanda .

Nyuma  yo kubona  ibyapa  byamamaza icyo gitaramo  tegereye umwe  mu bategura icyo  gitaramo uzwi  nka Rwema  Denis  atubwira byinshi  kuri  iki gitaramo kitabirwa n’abantu benshi baba baturutse mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali baje  kwifatanya n’inshuti zabo kwizhiza neza umunsi  mukuru wa Noheli.

Yagize ati  “ nkuko bisanzwe  buri mwaka dutegura  iki gitaramo buri tariki 25 Ukuboza  kugira  tubashe  kwifatanya  n’abakiliya bacu  kwizihiza neza n’abakiliya bacu  Noheli nziza .

Tumubajije  ku bijyanye  n’imyiteguro yatubwiye ko imyiteguro  bayirangije aho  kugeza ubu  ari  aho bazakorera bamaze  kuhemererwa n’ubuyobozi ndetse n’abadjs bazacurangira abazitabira bose  uko ari batanu  bamaze  kubyemeza kandi biteguye .

Rwema yatubwiye kandi ko  agashya kazaba kari muri Christmas Street Silent  Disco y’uyu mwaka aruko  umudj Mukuru azaba  ari umushyitsi uvuye mu gihugu cya Tanzania uwo akaba ari RJ the Dj  usanzwe akorera mu nzu  ya Wasafi  akaba ari nawe  ucurangira  umuhanzi  Diamond Platnumz mu bitaramo byinshi agenda akora mu mpande zitandukanye.

Mu bandi bavanga muziki  yatubwiye bazafatanya na  RJ The Dj  ni benshi mu bakunzwe hano  mu Rwanda  nka  Vj Mupenzi , Dj Miller ,Dj Toxxyk, Dj danches usigaye akorera muri Uganda ndetse  na Dj Roger .

Tubibutse ko  iki gitaramo  cya Christmas  Street  Silent Disco  kizaba ku wa 25 Ukuboza 2019 mu muhanda  uri imbere  ya  Fuschia Club ahazwi nko kwa Jules  kwinjira  bikaba bizaba   ari amafaranga 5000frw mu myanya isanzwe n’ibihumbi icumi 10000frw mu myanya y’icyubahiro.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *