Kwibuka26 : Umusizi Ntazinda Marcel afatanyije na Jules sentore bashyize hanze umuvugo bise nyiramubande

Mu gihe  abanyarwanda   ku mpande  z’isi yose  bitegurwa   bitegura kwibuka  ku nshuro ya  26 Jenoside yakorewe Abatutsi barenga  miliyoni  bazira  uko bavutse uyu musizi abin abinyujije mu  mu mpano ye  yo guhanfga yashyize  hanze Umuvugo afatanyije na Jules Sentore  bise  “NYIRAMUBANDE “

Mu kiganiro na KIGALIHIT yadutangarije  ko  uyu muvugo NYIRAMUBANDE  yawanditse  yifuza gutanga ubutumwa  bwafasha  muri iki gihe abanyarwanda bibuka Jenoside  yakorewe abatutsi muri 1994.

Yagize ati :Nk’umwanditsi hari igihe  igihe   wumva ubutumwa  bukujemo noneho ukifuza  uburyo ubugeza ku  bantu  akaba ariyo mpamvu nanditse uyu  muvugo  nkawita NYIRAMUBANDE .

Ntazinda kandi yatubwiye ko Umuvugo wa NYIRAMUBADE    wubakiye  ku butumwa  bukubiye  mu ngeri  eshatu aho  wumvikanamo ijwi ritabaza , Ijwi ryatabaye  ndetse n’ijwi  ry’igihango ku gihugu kivuye mu bihe by’amatege akomeye cyane .

Tumubajije  niba  uyu muvugo yarawukoze  ashaka kuvuga  ku buzimwa bw’ibyo yaba yaranyuzemo yatubwiye ko ari inganzo ye  ku giti cye  ariko akaba yarawanditse  mu  buryo  umuntu wese  waciye mu bihehe bibi muri Jenoside  yakorewe abatutsi  ashobora  kwibona muri ibyo bihe bibi bitazava mu mitwe y’abanyarwanda

Ku bijyanye no kuba yarahisemo gukorna  umunyempano  mu njyana gakondo Jules Sentore  yatubwiye ko mu buzima busanzwe ari inshuti ye kandi akaba afite ubuhanga  n’ijwi  ryihariye  mu njyana gakondo .

Mu butumwa uyu muhanzi yageneye abahanzi Nyarwanda muri rusange  yabasabye  ko muri iki gihe   Twibuka ku nshuro ya 26 Jenoside  yakorewe Abatutsi  murib1994   yabasabye ko  bo nk’ijwi  ryumvwa  na benshi  kandi bafata nk’imboni ya rubanda  kubera ubutumwa butandukanye bacisha mu bihangano byabo  ko basabwa  gukora ibihangano byinshi birimbo ubutumwa  bukomeza imitima yakomerekejwe nayo marorerwa cyane cyane abacitse kw’icumu .

Ku bijyanye n’igihe  kitoroshye isi yose  ndetse n’abanyarwanda barimo cy’icyorezo cya COVID-19  yasabye abahanzi nk’abandi banyarwanda bose  gukomeza kubahiriza amabwiriza  yashyizweho na Leta  mu buryo bwo gukomeza kwirinda icyo cyorezo baguma mu rugo ndetse bakanakomeza gukujya bakaraba intoki  buri  kanya ndetse no kwirinda kwikora mu bice b’umubiri nko ku munwa , ku mazuru na handi hose hatuma icyo cyorezo gikwirakwira hose .

Menya byinshi kuri Ntazinda Marcel

Ntazinda Marcel Ni  umugabo wo w’igikwerere akab ari umunyarwanda  ukunda kandi  ukomeye ku muco w’abasekuru  ari nawo wa Kinyarwanda iteka  uharanira kuba umuntu nyamuntu uzira umugayo kandi agahora yifuza ko isi yabaho isendereye amahoro.

Arubatse afite umugore  umwe n’abana babiri  ni umwanditsi akaba n’umushakashatsi ku mateka y’isi ariko by’umwihariko ku mateka y’Urwagasabo (Rwanda) ,akaba  akora  mu kigo  gishinzwe  guhererekanya  amakuru ku myenda (Transunion Rwanda ) ikaba yarahoze yitwa CRB(Credit Reference Bureau).

Mu buhanzi bwe Ntazinda  yakoze imivugo myinshi  ijyanye na gahunda zo kwibuka Jenoside  yakorewe Abatutsi gusa  Umuvugo Nyiramubande akaba ariwo abashije gushyira hanze mu buryo bw’amajwi ukorewe mu byuma bya kizungu,akaba yaranakinnye mu kinamico zitandukanye nkiyo bita Impano ndetse n’impamba .

Ntazinda kandi azwi  kuba ari umwe mu bantu bafasha Jules Sentore kwandika zimwe mu ndirimbo zijyanye no kwibuka aho yamwandikiye indirimbo  yashyize hanz eubwo abanyarwanda bibukaga ku nshuro ya 25 yitwa ¼ cy’ikinyejana .

Umuvugo NYIRAMUBANDE wakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Madebeat naho atunganywa na Mazimpaka Jean Pierre

Kanda hano wumve umuvugo NYIRAMUBANDE  ya Ntazinda  Marcel  na Jules Sentore

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *