Meddy arakangurira abanyarwanda kwirinda ibisindisha muri iki gihe cy’iminsi Mikuru

Mu gihe abanyarwanda  bitegura kwinjira mu minsi mikuru y’Ubunani  na Noheli Polisi y’igihugu  ikomeje ku ubukangurambaga  bwa Gerayo amahoro  ibasaba kwirinda  impnauma muri iyi minsi tugiye kwinjiramo .

Ni muri  ubwo buryo umuhanzi Ngabo Medard uzwi nka Meddy muri muzika  nyarwanda  ku bufatanye na Airtel na Polisi ‘u Rwanda  yakanguriye  abanyarwanda bose   kwirinda  gukora amakosa yo kunywa ibisidinsha muri iki gihe gikomeye  cy’iminsi mikuru.

Mu butumwa yanyujije  ku mbuga nkoranyambaga ze ndetse n’iza Airtel Rwanda uyu muhanzi yagize  ati “ Banyarwanda banyarwandakazi muraho? Ni Meddy, ibihe byo kurangiza umwaka ni ibihe byo kwishimisha no kwishimana n’abacu ariko iyo kwishimisha bidakozwe mu rugero ni ugushyira ubuzima bwacu n’ubw’abacu mu kaga, bityo rero twirinde gutwara ibinyabiziga twanyweye ibisindisha, umutekano wo mu muhanda tuwugire inshingano zacu twese, Gerayo Amahoro.”

Ubu butumwa  uyu musore abutanze nyuma y’uko mw’ijoro ryo Ukwakira 2019  umuhanzi  ukunzwe na benshi  mu Rwanda yafatiwe  na Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo muhanda nyuma yo kumufata atwaye imodoka yanyweye ibisindisha, akarenza igipimo cya 0.4 cya Alcool.

Meddy yamaze iminsi itanu afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera atanga amande y’ibihumbi 150 n’andi ibihumbi 50 yo gupakira ikinyabiziga yari atwaye nk’uko biteganywa n’amategeko.

Ubu butumwa abutanze  mu gihe Polisi y’u Rwanda imaze ibyumweru bigera kuri 30 iri mu bukangurambaga bwa “Gerayo Amahoro”, mu rwego rwo kugabanya impanuka  zibera mu muhanda .

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *