Meddy mbere yo gutaramira abanyarwanda muri East African party azahera I Burundi no muri Kenya

Ngabo Medard  wamenyekanye nka Meddy ni umwe mu bahanzi ba banyarwanda bakunzwe n’umubare munini hano mu karere ka afurika y’iburasirazuba  by’umwihariko mu Rwanda , uyu musore  muri izi mpera z’uyu mwaka  afite ibitaramo byinshi mu karere uhereye muri Kenya ndetse n’u Burundi .

Uyu musore usigaye ukorera umuziki we mu Leta Zunze Ubumwe z’Amerika  azataramira  mu bihugu duturanye muri uku kwezi aho azahera mu gitaramo gisigaye gikunzwe na benshi cya Rwanda Beauty Night  kibera I Nairobi mu kabyiniro kazwi nka K Club  k’umunyemari wamenyekanye cyane hano mu Rwanda nka Grand Ndengeye kikaba kizaba kw’itariki ya 27 ukwakira 2018.

Nyuma y’icyo gitaramo uyu musore azakomereza ibitaramo bye mu  mujyi wa Bujumbura aho azataramira abarundi kw’itariki ya 29 Ukuboza 2018 aho azava ahita aza  mu Rwanda mu gitaramo ngarukamwaka cya East African party gitegurwa naEAP iyoborwa na Mushyoma Joseph .

 

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *