Migambi John yiyemeje guteza imbere Made in Rwanda Market nyuma yo guhura n’imbogamizi nyinshi mu kazi yakoraga.

Guverinoma y’U  Rwanda Ibinyujije  muri Minisiteri y’inganda n’ubucuruzi batangije gahunda yo guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda  mu Rwego rwo gukomeza  gushishikariza  abanyarwanda kwita ku bikorerwa  imbere  ndetse no kubimenyekanisha mu  mahanga iyo gahunda izwi nka Made In Rwanda Imaze  kugeza  abanyarwanda  benshi kuri byinshi harimo no kwiteza Imbere .

Nyuma yo kubona ko iyo  gahunda ifitiye abanyarwanda  akamaro Kigalilihit yegereye umwe  mu basore bamaze  kumenyekana   cyane hano mu  Rwanda   gushisshikariza guteza imbere ibikowikorerwa imbere mu gihugu   babinyujije  mucyo  bise Made In  Rwanda  Market isoko rihuriramo abanyarwanda bo mu nzego  zitandukanye   bakora  ibintu byinshi  bikorerwa Imbere mu gihugu bizwi  nka Made In Rwanda .

Migambi John  ni umusore w’Umunyarwanda  ufite  27 y’amavuko yiza amashuri yisumbuye ayarangije  akomereza muri Kaminuza muri Kaminuza y’u Rwanda  mu bijyanye n’uburezi .

Mu kiganiro  yagiranye na Kigalihit  Migambi John yadutagarije ko  yagize igitekerezo cyo gukora Isoko rya Made In Rwanda Nyuma yo guhagarikwa ku kazi yakoranga mu ruganda rukora inzoga rwa 1000 Hills Distillery aho yari ashinzwe  kwamamaza Ibikorwa  by’urwo ruganda  rwenga Inzoga zizwi nka Liqueur mu ndimi z’amahanga  aho yahembwaga amafaranga ibihumbi magana ane .

Muri urwo ruganda rwari rushya mu Rwanda yahahuriye n’imbogamizi nyinshi kuko uko yajyaga kwamamaza izo nzoga  ntago abantu benshi  baziyumvigamo kuko bavugaga ko zidafite ubuziranenge  bituma ahagarikwa ku kazi imburagihe  kubera ko atabonaga umusaruro uhagije  mu kazi ke .

Nyuma  yo guhagarikwa ku kazi  uyu musore  ubona koko ukunze ibintu bijyanye na Made In Rwanda nibyo yagize igitekerezo cyo gushaka  urundi rubyiruko rufite ubuhanga mugukora ibintu bitandukanye  ariko bikorerwa hano mu Rwanda  maze bashinga icyo bise Made In Rwanda  Market kugeza ubu  iryo soko rikaba rimaze kumenyekana cyane  hano mu Rwanda .

Tumubajije imbogamizi  bamaze guhura nazo yatubwiye kugeza  ubu imbogamizi bamaze  guhura nazo ari imyumvire y’abantu kuko iteka bo baba bumva ko ikintu cyose cyakorewe Imbere  gihugu  cyose kiba nta buziranenge gifite ariko siko biri kuko kugeza ubu ibintu bikorerwa mu Rwanda biri ku rwego rwo Hejuru cyane , ikindi  cyatumye kandi yihuriza hamwe n’urwo rubyiruko nuko bibafasha hagati yabo mu kwongererana ubumenyi ndetse no gufashanya gushaka amasoko haba imbere mu gihugu ndetse no mu mahanga ikindi kandi uko inganda zikora ibintu bya Made In Rwanda zikiri nkeya  bikaba ari bimwe mu mbogamizi  bari kurwana nazo kugeza ubu .

Ibijyanye nuko ibintu bya Made in Rwanda banyarwanda benshi bahamya ko biheze  yatubwiye yuko  aribyo koko usanga  akenshi biba ari beya kubera  inganda zitaraba nyinshi gusa abashishikariza ko kumva ko ibyiwabo aribyo  bagakwiye kugura ibyiwacu mu rwego rwo gukoemza kwiteza Imbere .

Mu gusoza twamubajije  ubu gahunda zindi bafite  mu rwego rwo gukoemza kwagura Isoko ryabo atubwira  mu kwezi gushize  bakoreye muri Car Free Zone , muri Marriott Hotel   ndetsa nubu bafite gahund ayo gukomeza  gusura ibigo bya Leta , ambasade zikorera mu Rwanda , imiryango mpuzamahanga  yose ikorera mu Rwanda  nkuko babikoze mu mezi ashize bakaba bishimira  uko Made In Rwanda yagiye  ikundwa  nabo babaga bayegereje .

Migambi asoza yasabye abanyarwanda gukomeza kwitabira Made In Rwanda Market nkuko babyerekanye mu kwezi Gushize kwa Munani Muri Car Free anasaba abanyarwanda bazitabira umuhango wo Kwita Izina  uzaba  kw’Itariki ya 06 Nzeri 2019 I Musanze ko naho bazaba bariyo aho bagiye kumara icyumweru bitegura kwakira neza abakerarugendo ndets en’abashyitsi bazitabira uwo muhango .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *