Ministiri Nduhungirehe yanenze Musanze yabuze uko yiyandikisha mu gikombe cy’amahoro ikabona akayabo ko gutsinda Rayon Sport

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga,ubutwererane n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba,Amb.Olivier Nduhungirehe yanenze  ikipe  ya Musanze  yananiwe  kwiyandikisha mu gikombe cy’amahoro  ikabona akayabo ko guha bakinnyi ngo bazatsinde  Rayon Sport  

Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Twitter nyuma y’amakuru yasakaye ko ikipe ya Musanze FC ishaka guha ibya mirenge abakinnyi bayo kugira ngo batsinde Rayon Sports cyangwa banganye,Amb.Nduhungirehe ntiyatinye kuvuga ko aribyo byica umupira w’amaguru mu Rwanda.

Yagize ati “Kubura amafaranga 100,000 Frw yo kwiyandikisha mu gikombe cy’Amahoro ariko ukabona miriyoni 7 cyangwa 8 kuri primes za match imwe gusa, kandi sans enjeu pour le club, ni nko kuba uri umushomeri ariko ukabona amafaranga yo kugura V8. Investigation needed.”

Amb.Olivier Nduhungirehe yavuze ko ibi bitagakwiriye ku makipe yo mu Rwanda kuko akwiriye kurazwa ishinga no gushaka abaterankunga no kwiyubaka,anenga FERWAFA idakora iperereza iyo ibintu nk’ibi bigaragaye.

Yagize ati “Aho guteza imbere umupira w’amaguru mu rubyiruko, aho gushishikariza amasosiyete y’ubucuruzi gushora imari muri ruhago, dore ibyo turimo!. Niba dushaka kwica burundu umupira w’amaguru mu Rwanda, ibintu nk’ibi bikaba buri munsi ababishinzwe barebera, na twe twese dufunze amaso, nababwira iki ?.”

Amb.Nduhungirehe ni umwe mu bayobozi bakunda gukoresha Twitter n’izindi mbuga nkoranyambaga agaragaza ibitekerezo bye ndetse agerageza kunenga ibidakwiriye . akaba  ari n’umufana w’Imena  w’Ikipe ya Mukura Victory Sport adahwema kuvuga ko ayikunda bihebuje

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *