Miss Jolly ushinjwa na benshi kwitukuza akomeje guhamya ko abiterwa n’abafotozi bamufotora .

Mu mwaka wa 2016 nibwo Nyampinga Mutesi Jolly yatoranyijwe nka nyampinga w’U Rwanda kuva icyo yamara gutorwa yagiye avugwaho byinshi  harimo no kuba ari umwe mu bakobwa bazwi mu Rwanda bakoresha amavuta ahindura uruhu azwi nka Mukorogo .

Nyum ayo gukomeza kuvugwaho ibyo byose  uyu mukobwa mu mpera z’icyumweru  gishize  ubwo yari yatumiwe mu kiganiro kuri imwe mu maradiyo akomeye hano yabijiwe ikibazo cyijyanye n’uruhu rwe   maze ntiyemeranya  nawe .

Mu gisubizo cye Miss Jolly yahakanye  yivuye inyuma ko abirirwa bavuga ko yitukuza  Ataribyo ahubwo we yahamije ko uko imyaka igenda ibikoresha abafotozi bakoresha bigenda bihunduka ikindi nuko yahamije ko uko imyaka ishira ari naho nawe agenda ahinduka .

Abjijwe uko atekereza ku bavuga ko yisiga ayo mavuta ahindura uruhu 

Yagize ati “Umuntu ureba ni we ufata icyo ahitamo kuvuga. Mbifata nk’ibitekerezo bwite by’abantu. Biragoye gusubiza buri muntu ku gitekerezo bwite cye. Gusa ndabizi neza n’umutima wanjye ko ntabyo nigeze nkora. Unarebye amafoto yanjye yo mu mashuri yisumbuye, uzasanga nari mfite inweri.”

Yongeyeho ko umuntu akura agahinduka, ngo camera yamufotoye uyu munsi n’izamufotora ejo ntizishobora kumwerekana kimwe.

Yagize ati “ Umuntu arakura agahinduka. Camera yamfashe uyu munsi si yo izamfata ejo. Numfotora nisize ibirungo, undi akamfotora nta birungo mfiteho, bizaba bitandukanye. Rero kujya kwirirwa nsobanura ngo narakuze, ngo narahindutse, ntabwo bifite injyana.”

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *