Miss Kalimpinya yitabiriye inama ya Pan-Africa Young Leaders’ muri USA

Miss Queen Kalimpinya  ni umwe mu bakobwa  bamenyekanye  cyane ubwo yegukanaga ikamba ry’igisonaga cya 3 muri  Miss Rwanda 2017 , uyu mukobwa kuri ubu arabarizwa  muri Leta Zunze Ubumwe bw’Amerika  aho yitabiriye inama ya Pan-Africa Young Leaders.

Iyi nama ya Pan-Africa Young Leaders  n’nama ihuza urubyiruko ruba rwatoranyijwe muri afurika yo munzi y’ubutayu bwa Sahara  rugahura  abantu bakomeye kw’isi harimo Abayobozi, abashoramari nabandi bafite  byinshi bagiraho inama urwo rubyiruko  ikaba uyu  mwaka izabera muri Amerika .

 Uyu mukobwa  ubwo yari mu nzira yerekeza muri Amerika  yatangaje ko  iyo nama agiyemo ari ingirakamaro kuri we kuko ari amahirwe yo kwitabira  Inama ikomeye nkiriya kandi izitabirwa n’umwe mu baherwe ba mbere kw’Isi Bill Gat na bandi benshi .

Yakomeje avuga ko  iyo nama  ifite umwihariko  wo gushishikikariza  no gufasha  urubyiruko rufite intumbero yo kuzayobora  ruba rwayitabiriye  kugira ruzasangize bagenzi barwo basigaye mu bihgu bakomokamo  , ikindi  urwo rubyiruko ruba twitabiriye iyo nama ruyikuramo nuko rubasha kungurana ibitekerezo n’urwo muri Amerika ndetse  n’abandi bantu batandukanye .

Tubibuts eko iyi nama ari inshuro ya kabiri Kalimpinya ayitabiriye  kuko umwaka ushize yitabiriye indi nkiyi mu gihugu cya Burkina Faso  ibi byose akaba abikesha umuryango wa ‘Bambe Foundation’ yashinze agamije gufasha abana b’abakobwa kwirinda abantu babashukisha ibintu kugira ngo babakoreshe imibonano mpuzabitsina.ibintu benshi mu bangavu  batwara inda  batateguye

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *