Miss Rwanda 2020 :Cogebanque yasimbujwe African Improved Food Ecobank na Mtn Rwanda

Mu gitondo  cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya  18 Ukuboza 2019 mu cyumba  cy’inama cya Kigali Convention Center nibwo  Rwanda Inspirtaion back Up  Itegura  amarushanwa ya  Nyampiga w’u Rwanda  bwagiranye  ikiganiro n’abanyamakuru  mu rwego rwo  kubagaragariza  byinshi kw’itegurwa  ry’iryo rushanwa  harimo  impinduka ndetse  n’uko ibihembo  bizatangwa .

Bwana Ishimwe Dieudonne   yatangaje ko uyu mwaka iri rushanwa ririmo  impinduka nyinshi  uhereye  ku bakobwa  kugera  ku baterankunga aho    yatangaje ko  mu myaka yashize  iri rushanwa ryaterwaga inkunga na Cogebank  nk’umuterankunga  Mukuru ariko ubu byahindutse kuko ubu iri rushanwa ryungutse abaterankunga bakuru  baje basimbura uwari usanzwe aribo  Ecobank na Mtn Rwanda .

Ku bijyanye n’abakobwa  yatangaje ko uyu mwaka  abakobwa bose bazahatana bazaba  bafite uburengazira  bwo  gukoresha ururimi rw’ikinyarwanda  nk’ururimi  rukoreshwa  n’abanyarwanda kandi ngenderwaho  naho  ku bihembo  yavuze ko  uyu mwaka   harimo impinduka nyinshi  aho ubu nyuma  ya Nyampinga  uzajya uba  yatsinze  n’ ibisonga  bye  na Miss wakunzwe cyane n’abantu  nabo bazajya  bahembwa .

Dieudonne yakomeje avuga ko  nyuma yo  kuzenguruka  Mu ntara zose abakobwa 20  bazaba  batoranyijwe  bazajya  mu mwiherero aho  bazajya bigishwa ibintu bitandukanye  kugeza ku munsi bazahabwaho ikizamini  10 bazatsinda  akaba aribo  bazagera ku munsi wa nyuma w’Irushanwa .

Ku munsi wa nyuma w’irushanwa muri aba bakoba 10 hazatorwamo batatu aho kuba batanu, abe ari bo bakurwamo Nyampinga w’u Rwanda 2020 n’ibisonga bye.

Biteganyijwe ko  ku munsi wa Nyuma umukobwa  usatsinda uyu mwaka azahembwa  ibihembo bisanzwe  by’amafaranga  800.000Frw  azajaya ahabwa na African Improved Food  ndetse ‘imodoka nshya yo  mu bwoko bwa Suzuki Swift itangwa buri mwaka na Rwandamotor, inyuma y’ibyo bihembo haziyongeraho amafaranga nyampinga azajya ahabwa na Ecobank yo kumufasha .

Igisonga cya Mbere  cya Nyampinga w’U Rwanda 2020 we azajya ahembwa 1.200.000frw  azajya ahabwa na MD Group buri kwezi .

Ku bijyanye n’igisonga cya kabiri byo ntibyigeze bitangazwa muri iki kiganiro ariko biteganyijwe ko umuterankunga uzajya amuhemba azatangazwa mu minsi ya vuba .

Uzatorwa nka Nyampinga ukunzwe [Miss Popularity] azahita aba umufatanyabikorwa wa MTN Rwanda aho azahembwa miliyoni imwe n’igice akajya ahabwa amafaranga ibihumbi 50 mu gihe yagaragaye mu bikorwa byo kwamamaza gahunda ya “MTN Yolo” ndetse n’uburyo bw’itumanaho mu mwaka wose. 

Biteganyijwe ko kuri uyu wa gatandatu tariki  ya 21 Ukuboza aribwo amajonjora  yo gutoranya abakobwa bazahatanira iri kamba uyu mwaka rizatangira  rigahera mu karere ka Rubavu  ku bakobwa bazahagararira intara y’uburengerazuba .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *