Miss Rwanda abakobwa 6 bazahagarira intara y’Amajyaruguru batashywe ni byishimo (Amafoto)

Ku gicamunsi cy’uyu munsi nibwo amajonjora yo gutoranya nyampinga uzahagararira intara ya majyaruguru yabaye .Nyuma yuko abakobwa 14 batoranyijwe ko aribo bari buhatane birangiye 6 aribo batoranyijwe ngo bakomeze

Nyuma yo gutangazwa kw’abakobwa batandatu bazakomeza mu kindi cyiciro, abakobwa bakomeje bakiriye iyo nkuru neza, barishimana cyane mu gihe abandi yifurizaga buri wese kwihangana nyuma yo kudahirwa n’amahirwe yo gukomeza.

Hari bamwe byarenze basuka amarira y’ibyishimo! Umuhoza Doreen wahamagawe bwa mbere yagaragaje akanyamuneza birenze igipimo birangira asutse amarira imbere y’abagize Akanama Nkemurampaka na bagenzi be bari bahatanye.

Byasabye ko bagenzi be ndetse na Miss Mutesi Jolly bagerageza kumuhoza kugira ngo igikorwa cyo gutangaza abakomeje gikomeze.

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *