Miss Uwase Muyango wegukanye ikamba ry’uberwa n’amafoto yagize icyo avuga kuri The Catvevo

Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo irushanwa rya Miss Rwanda 2019 ryasojwe aho abantu benshi bagiye bavuga  ibintu byinshi  ariko nkuko bizwi iyo rigana ku musoza habaho gutora abakobwa bagiye bitwara neza mu byiciro bitandukanye .

Ni ku bw’iyo mpamvu kigalihit na K Tv  bakomeje kugenda begera bamwe mu bakobwa begukanye amakamba bakabaganiriza ku bijyanye n’urugendo basoje  kuri uyu munsi  twabatumiriye umukobwa wegukanye ikamba ry’umukobwa uberwa n’amafoto uwo akaba ari Miss  Uwase Muyango Claudine .

Miss  Uwase Muyango Claudine abajijwe uko yabonye iri rushanwa yadutangarije ko ririya rushanwa yaryishimiye cyane kuko yari yitezemo kubona  byinshi akaba yishimira  ibyo yagezeho kuko nabyo ari ibya gaciro.

Dore ikiganiro kirambuye yagiranye na Kigalihit na KTV

Umunyamakuru: Watubwira uko winyumva nyuma yo kuva mu marushanwa ya     Miss  Rwanda 2019 ni  mbogamizi wahuye nazo ?

Miss Uwase Muyango : Imbogamizi nahuye nazo ninyishi guza izatumye  ntabasha kwegukana iryo kamaba iya mbere yangoye nuko irushanwa ryose ryarimo abakobwa bashoboye kandi bafite ubwenge  gusa nkabari mw’irushanwa  byaje kurangira nyiri ikamba abonetse .

Umunyamakuru : Utekereza ko  ariki wabuze  kuri finale  kugira ngo Meghan agutware Ikamba .

Miss Uwase Muyango  : Aseka (ahha ) yadushije byinshi nubwo ntari umukemurampaka  ngo mbimenye ariko bo bashobora kuba bararebye bakabona hari byinshi andusha  , gusa nanjye  nkaba nziko Meghan ari umukobwa ufite Ubwenge  bwinshi so ibyo yaturushije byaragaragaye kuko niwe wegukanye ikamba .

Umunyamakuru: Guca Imbere y’akanama nkemurampaka  nka Muyango Claudine wabifataga ute mu rugendo waciyemo

Miss Uwase  Muyango : Nkuko ubivuze  uhereye muri audition byaranyoroheye  kubera ko nagerageje gusubiza neza  bigatuma abagize kanama nkemurampaka  biborohera  kumpa amanota ni nako byagenze muri Pre selection nubwo muri Boot Camp tagiye tugira imbogamizi zitandukanye harimi niyadutunguye tugeze aho buri munsi hagombaga gutaha umukobwa umwe

Umunyamakuru : Tugaruke gato ku kanama nkemurampaka ari a bo mwahuye bwa Mbere cyangwa abo mwahuye  kuri Finale  ntago baba baraguteye ubwoba ukaba wasubiza nabi ?

Miss Uwase  Muyango : Nkurikije ibibazo abagize abakemurampaka  bambajije ku bijyanye n’ubwuzuzanye ni kibazo buri munyarwanda cyapfa ku munaniro ariko ikibazo cy’icyongereza bambajije ku mwihariko mfite kugira ngo mbe nakwegukana ikamba

Umunyamakuru : Ibisubizo watanze wowe  utekereza ko byaba byaratumye utaboneka muri babandi batanu bakomeje ?

Miss Uwase  Muyango :  Kuri Finale twari benshi  bagombaga kuvamo 5  nkaba ntekereza ko atarinjye wasubije neza  ahubwo twese twitwaye neza nubwo miss Rwanda ifite ibyo igenderaho birimo  Brain , Beauty and  cultural  so buri wese muri ibyo bintu uko ari bitatu buri wese afite aho yagiye arusha bagenzi be .

Umunyamakuru : Umurindi w’abafana ba Josiane Mwiseneza ntago wigeze ugutera ubwoba ?

Miss Uwase Muyango : umurindi w’abafana ba Mwiseneza Josiane  ntitwigeze duhura nabo cyane gusa ubwo twajyaga mu mugi wa Kigali twahuye na bantu benshi cyane  bifuza kumureba  kuko natwe ubwacu muri Boot camp  twese twaramwemeraga cyane .

Umunyamakuru : Umusore wamenyekanye kuri youtube witwa The Catvevo  umuziho iki ?

Miss Uwase Muyango : Aseka cyane yikirije avuga ko amuziho  kuba ari umuntu ukoresha imbuga nkoranyambaga cyane  harimo youtube na Instagram .

Umunyamakuru : The Catvevo niwe muntu wa mbere watangaje ko wowe ukwiriye ikamba  rya nyampinga nubwo utaryegukanye muhuye ni ubuhe butumwa wa muha ?

Miss Uwase Muyango : ikintu cya Mbere namubwira The Catvevo ntago mwanga  kubera ko  njye nari mw’irushanwa nawe ari mu kazi gusa sinatinya kuvuga yuko inkuru yatangaje Atari kandi sinatinya kuvuga ko niyubaha  so abantu benshi barabizi  nabatabizi nabo nabasaba ko babimenya ,naho kuba yarakoze iyo nkuru njye ntago yigeze impungabanya nubwo we abantu babitekereje ukundi  kuri njye ndumva nta kibazo cy’uwo musore rwose .

Kanda hano urebe neza ikiganiro twagiranye na Miss Uwase Muyango Claudine

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *