Miss Uwicyeza Pamella uri mu batowe cyane kuri Sms yavuze byinshi kubyaberaga muri Miss Rwanda 2019(Video)

Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo irushanwa rya Miss Rwanda 2019 ryasojwe aho abantu benshi bagiye bavuga  ibintu byinshi  ariko nkuko bizwi iyo rigana ku musoza habaho gutora abakobwa bagiye bitwara neza mu byiciro bitandukanye .

Ni ku bw’iyo mpamvu kigalihit na K TV  bakomeje kugenda begera bamwe mu bakobwa begukanye amakamba bakabaganiriza ku bijyanye n’urugendo basoje  kuri uyu munsi  twabatumiriye umukobwa  wageze mu bakobwa  batanu ba Nyum ariko ntiyagira amahirwe  yo kwegukana ikamba na rimwe  nubwo ari mu batowe cyane biciye mu butumwa bugufi.

Miss  Uwicyeza Pamella  abajijwe uko yabonye iri rushanwa yadutangarije ko ririya rushanwa yaryishimiye cyane kuko yari yitezemo kubona  byinshi akaba yishimira  ibyo yagezeho kuko nabyo ari ibya gaciro.

Dore ikiganiro kirambuye yagiranye na Kigalihit na KTV

Umunyamakuru: Ushobora gutangira wibwira abakunzi ba Kigalihit na KTV ?

Miss Uwicyeza Pamella  :Murakoze nitwa Uwicyeza Pamella  nakoreshaga nurmero ya 29 niyamamarije mu ntara y’amajyepfo .

Umunyamakuru : Pamella nyuma yo kuva mw’irushanwa rya Nyampinga w’U Rwanda urumva umeze ute se ?

Miss Uwicyeza Pamella  :  ndumva meze neza cyane ubuzima burakomeje nkibisanzwe

Umunyamakuru: Ukigera muri miss Rwanda  tubwire byari bikomeye cyangwa byari bikomeye  tubwire uko byari bimeze kuri wowe ?

Miss Uwicyeza Pamella : Byari byiza cyane kuko byatwongereye ubumenyi ndetse binatwigisha kumenya kubana n’abantu ndetse twanahigiye kumenya kuvugira mu bantu benshi , kuko abenshi ubwo bumenyi ntabwo bari bafite .kugeza ubu njye  byazamuye  icyizere   cyinshi ku buryo ntaho wanjyana  ngo mbure icyo mvuga .

Umunyamakuru : uwbo wajyaga muri Miss Rwanda wari witeguye rwose kuba waritwara ubona byaragenze gute kugira ngo utegukana iri kamba ,niki wabonye Meghan yakurushije ?

Miss Uwicyeza Pamella  : ntago nigeze mvugana na ba judges  ngo bambwire impamvu  batangize  nyampinga ariko ndakeka ko Meghan yadushije gusubiza neza ni bindi byinshi buriya yandushije

Umunyamakuru :Kuri finale wigeze utungurwa cyane n’akanama nkemurampaka

Miss Uwicyeza Pamella : Tukigera mw’irushanwa   ntago byari bikomeye nko ku munsi wa Nyuma ariko ubonye kuri finale  byari bikomeye cyane kubera hari abantu benshi  ikindi twabajijwe n’abakemurampaka benshi gusa carine na Jolly bo nari mbamenyereye ntago bangoye cyane .

Kanda hano urebe ikiganiro kirambuye Kigalihit na KTV bagiranye na Miss Uwicyeza Pamella

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *