Mu magambo aryoshye nk’ubuki Meddy yifurije isabuku nziza umukunzi we

Umuhanzi Ngabo Medard ukunzwe mu Rwanda  nka meddy  yakoresheje amagambo aryoshhye nk’ubuki  yifurije umukunzi  we Mimi isabukuru nziza ku munsi we w’amavuko.

Uyu musore  umaze  iminsi ari mu Rwanda abinyujije  ku rubuga rwa Instagram yagize ati “iyi tariki ya  18 Ukuboza  ni umunsi  udasanzwe  mwamikazi w’umutima wanjye ,yamubwiye ko ari  umukobwa w’igitangaza mu nguni zose  kandi ko ari mwiza imbere  n’inyuma

Yasabye Imana gukomeza kurinda no guha umugisha umukunzi we. Ati “Imana iguhe ibyiza byinshi birenze. Ufite umwanya wihariye mu mutima wanjye. Ndagukunda mukunzi. Mumfashe kwifuriza umukunzi wanjye isabukuru nziza y’amavuko.” 

Nyuma yo  kwandikao ayo  magambo meza umukunzi we  mimi nawe yagiye munsi yandika agira ati “Amen! Urakoze cyane mwami wanjye.”

Uyu mukobwa  bwa mbere ajya kumenyekana  nuko uyu musore Meddy  yamwifashishije mu mashusho y’indirimbo Ntawamusimbura imwe mu ndirimbo zakunzwe  cyane kw’isi hose  .

Mu Mwaka wa 2017 Meddy yagiye abazwa  cyane  n’itangazamakuru niba yaba ari mu rukundo n’uwo mukobwa ukomoka muri Ethiopia ariko ntiyerure ngo  abitangaza gusa akavuga  ko ari gushaka umukunzi  muri Ameriak aho  asanzwe aba .

Bijya  kumenyekana neza mu mwaka wakurikiyeho Meddy  yitabiriye igitaramo I Kigali benshi  batungurwa nukon yazanye nuwo mukunzi we Mimi i Kigali .

Ubwo yabazwaga impamvu yaba yaramuteye  gukunda  uwo mukobwa Meddy  yagize ati  “uyu mukobwa mubyo  namukundiye  harimo  kuba atavuga cyane, ibyabo kuko adakunda abakobwa bashyira ubuzima bwabo ku karubanda. 

Ati “Nkunda kandi umukobwa wiyubashye, abakobwa bakunda ibyabo badashyira hanze ibyabo bagamije kumenyekana cyangwa se bashaka kumenyekanisha ibyabo…Nkunda abakobwa bafite ikinyabupfura…Ntabwo ntoranya akenshi ngendera ku myitwarire y’uwo mukobwa, yaba inzobe cyangwa se igikara.”

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *