Neza yagarutse kw’Ivuko nyuma yo kumara igihe muri Nigeria n’umukunzi we Skales

Umuhanzikazi Neza Masozera Patricia wamenyekanye  nka Neza  ni umukobwa w’umunyarwandakazi wamenyekanye mu mwaka wa 2017 ubwo yakoraga  muri MCG Empire  ndetse anazwi mu ndirimbo Uranyica, Vibe, Slay Mama n’izindi zatumye abona igihembo cya AFRIMMA 2017 ,uyu mukobwa  yaraye  ageze I Kigali.

Uyu mukobwa ubu uri mu rukundo n’icyamamare Skales  yarageze I Kigali aho aje gusura inshuti n’umuryango nyuma y’ibyumweru bisaga bibiri yari amaze muri Nigeria  nyuma yy’uko muri uku Kwezi yagize isaburu y’amavuko  ariko ari muri Canada aho asanzwe aba  akaza guhitamo gusanga umukunzi we  kugira ngo bishimane muri uku kwezi yavutse .

Ubwo yageraga I lagos muri Nigeri uu mukobwa  yakiriwe n’umukunzi we  ndetse  n’inshuti se  maze ibyishimo birabasaga  byatumye uyu Mukobwa aguma iruhande kugira ngo bagirane ibihe bidasanzwe mu rukundo rwabo  nkuko atahwemaga gusangiza abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ze zose  ibyo bihe byiza baba barimo ..

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane nibwo yashyize amashusho magufi ku rubuga rwa Instagram ari mu ndege ya RwandAir yari imuzanye i Kigali, nyuma yo yongeye kugaragaza ifoto ari muri hoteli agaragaza ko yageze ku ivuko amahoro.

Nta byinshi biramenyekana ku rugendo rw’uyu mukobwa niba no mu bimuzanye haba harimo gahunda za muzika cyangwa ari ugusura umuryango we gusa.

Neza watandukanye na MCG Empire mu mwaka ushize amaze igihe nta ndirimbo ashyira hanze. Yaherukaga i Kigali mu gitaramo cya Kigali Jazz Junction cyabaye mu Ukuboza 2017 aho yafatanyije na Masamba.

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *