Nta Mvura idahita indirimbo ya Riderman ihumuriza uwihebye wese

Gatsinzi Emery  uzwi nka  Ridermna ni  umwe mu baraperi bamaze kwigarurura imitima y’abanyarwanda  mu myaka isaga 10 yose  muri muzika nyarwanda , ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 18 Ukwakira 2019 yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nta Mvura Idahita

Ubwo  yatugezagaho iyo ndirimbo Riderman  twamubajije icyamuteye  kwita indirimbo ye Nta Mvura Idahita  yadusobanuriye ko ari indirimbo irimo ubutumwa bw’ihumure ku muntu wese uba yumva yuko iyo uyu munsi ubuzima bwanze ejo bitazashoboka  na gatoya.

Yagize ati “Ni indirimbo ishishikariza abantu y’uko gukora cyane bitanga umugisha. Iyo umuntu akoze cyane bitanga umusaruro gukora cyane ukiringira Imana ukayishyira imbere ugakurikizaho akazi ahasigaye ugakora uko byaba bimeze kose wabivamo.”

Tumubajije ku bijyanye n’igihe azamurikira alubumu ye yise Kimirantare iriho niyo ndirimbo imvura Idahita  yadusubije ko ubu imyiteguro ye iyo bigeze  muri aya mezi aba ayigeze kure kuko kuva yatangira kumurika alubumu ze iteka abikora kw’itariki ya 25 Ukuboza nubu akaba aribwo azayimurika  nubwo atarafata icyemezo neza cyaho igitaramo cyo kuyimurika kizabera

Amashusho y’iyi ndirimbo yafatiwe kuri Mont Kigali no ku Irebero, yifashishijemo itsinda ry’ababyinnyi bitwa ‘Abatanguha’ babarizwa kuri Maison de Jeune Kimisagara.

Mu buryo bw’amajwi (Audio) iyi ndirimbo yakozwe na Santana n’aho amashusho atunganywa na Gil.The Benjamins. Iyi ndirimbo “Nta mvura idahita” iri kuri album yitwa “Kimirantare”.

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *