Nyuma yo gusinya muri Empire Records ya Oda Paccy umuhanzi Alto yashyize hanze amashusho y’indirimbo uzansaza

Mu ntangiriro z’uyu mwaka muri muzika nyarwanda twungutse inzu ikora muzka izwi nka Empire Records y’Umuhanzi Oda Paccy aho yayishinze ashaka kwagura muziki ndetse no gufasha abandi bahanzi bafite impano  zitandukanye badafite ubushobozi bwo kuba bakwikorera  indirimbo ni muri urwo rwego iyi nzu yasinyishije umuhanzi Alto washyize no hanze amashusho y’indirimbo ye ya mbere yise Uzansaza .

Mu kiganiro n’ubuyobozi bw’iyi nzu bwadutangarije yuko nyuma yo gusinyisha Alto  ubu buri gushyira ingufu nyinshi zo kumufasha kuzamura Muzika ye nubwo aribwo agitangira  akomeje kugaragaza  ubuhanga  bwo mu rwego rwo hejuru.

Tubabajije  amasezerano  bagiranye na Alto badutangarije ko yasinye imyaka ibiri aho bazajya bamufasha gukora indirimbo mu rwego rw’amajwi ndetse n’amashusho nyuma yo kuzuza  studio zabyo byombi ikindi bazamufasha harimo no kumenyekanisha  mu buryo bwose bushoboka bukoreshwa naho mu Rwanda .

Alto ubusanzwe  yitwa Dusabe Eric  ni umuhanzi ukizamuka ariko wifitemo icyizere cyo kuzatera ikirenge mucya bakuru be bamubanjirije akaba akora injyana ya Rnb

Tubibutse ko Indirimbo Uzansaza yakozwe mu buryo bw’amajwi na Producer Junior Multi System usanzwe akorera muri Empire Records naho amashusho akorwa na Director Frank Wallet.

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *