Osita Iheme na Chinedu Ikedieze bagiranye ibiganiro na Ambasaderi wabo I Kigali .

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki ya 14 Gashyantare 2014  umunsi abantu benshi baba bari mu byishimo by’abakundana ibyamamare  Osita Iheme  na Chinede Ikedieze  bagiranye ikiganoro na Ambasadei w’igihugu cyabo I Kigali.

Ubwo bageraga ku cyicaro cya Ambasade ya Nigeria mu Rwanda aba bagabo bakirwei n’umukozi mukuru muri iyo ambasade  maze abaha ikaze  batangira kuganira ku rugendo rwabo mu Rwanda .

Ambasaseri wa Nigeria mu Rwanda mu ijambo ryo kwakira ibyo byamamare yabashimiye kuba baragize igitekerezo cyo kuza kwifatanya n’abanyarwanda bari mu ruganda rwa sinema anabasaba ko igihe cyose bazaba bari hano mu Rwanda bagomba kujya bumva yuko bari  iwabo ndetse abasaba ko igihe cyose baje gukorera  mu Rwanda bazajya babanza gutegura Imishinga yabo neza kuko mu minsi ishize  hari benshi mu bashoramari  bagiye baza mu Rwanda ugasanga imishinga yabo ntigenze neza kubera kutagisha inama Ambasade yabo mu Rwanda .

Umurerwa Belinda wagize uruhare mu kuzana aba bahanzi mu Rwanda mu gikorwa Bise  Naija Rwanda connect yashimiye ambasaderi  umwanya yafashe wo kubakira ndetse yanamushimiye ni inama yabagiriye.

Mw’ijambo ryabo abo basore bombi bashimiye ambasaderi wabo mu Rwanda banamusaba ko igihe cyose bazaba bari mu Rwanda yazabahora iruhande  .

Umuhango wo kuganira n’ambasaderi wa Nigeria wasojwe n’ubusabane aho abari babaherekeje basangiye amafunguro  ndetse nicyo kunywa .

Biteganyijwe ko kuri uyu  munsi mukuru w’abakundana Valentine’s day uba Tariki 14 Gashyantare, abakunzi b’ibi byamamare byishimana muri Camp Kigali aho kwinjira ari 5,000, 10,000 ndetse n’ameza y’abantu umunani ku mafaranga 200,000. Aha bakazaba bafatanya n’abandi banyarwenya barimo Clapton Kibonke, Babou, Mr Fyoo na Joshua  bose bamaze kwamamara mu Rwanda.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *