Perezida Trump yiyemeje gukora uko ashoboye umuraperi A$AP Rocky ufungiye muri Suwede akarekurwa

Rakim Mayers uzwi mu muziki nka A$AP Rocky ni umwe mu baraperi bakomeye bo muri Amerika  mu minsi ishize nibwo uyu musore yagiye gukorera Igitaramo mu gihugu cya Suwede  ariko nyuma aza guhohotera umwe mu bafana be bimuviramo gutwbwa muri yombi ashyirwa mu gihome aho  ubu agiye kumaramo ibyumeru bitatu.

Nkuko amakuru dukesha Dailymaily abivuga Biteganyijwe ko kuri uyu wa kane tariki ya 25 nyakanga 2019 aribwo  uyu musore ategerejwe imbere y’urukiko aho  Umushinjacyaha wa suwede  Dainel  Suneson azafata umwanzuro wo kurekura  cyangwa agafunga  uyu muraperi A$AP Rocky .

Ubusanzwe mu gihugu cya Suwedeu guhohotera umuturage waho  icyaha kikaguhama uwakoze icyaha ahaniswa igihaco cy’Imyaka 6 nkuko amategeko mpanabyaha ya Suwede abiteganya.

Nkuko icyo kinyamakuru gikomeza kibivuga iryo hohoterwa A$AP Rocky yakoreye uwo musore ariwe waritangije ibi bikaba byateje ikibazo muri Amerika aho abantu batandukanye baho bakomeje gusaba ko  yarekurwa agasura iwabo  ariko Leta ya Suwede  yanze kugir aicyo ibikoraho .

Nyuma yo kubona ko ikibazo gikomeye Perezida Donald Trump abinyujije  ku rukuta rwa Twitter yavuz eko  yatangiye  kuvugana n’abayobozi ba Suwede.

Muri ubwo butumwa Perezida Donald Trump yatangaje ko ari gukora ibishoboka byose akavugana na ministiri w’intebe wa Suwede amusaba kumufasha ku irekurwa ry’uyu muraperi, gusa ngo ntibyoroshye kuko mu mategeko ya Suwede nta muntu wemerewe kwivanga mu kazi k’ubushinjacyaha. Icyemezo cya nyuma kiri mu maboko ya Daniel Suneson, umushinjacyaha wa Suwede.

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *